• Amakuru
  • Siporo
  • Uburezi
  • Imikino
  • AKAZI
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI
No Result
View All Result
IGIKA TV
  • Amakuru
  • Siporo
  • Uburezi
  • Imikino
  • AKAZI
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI
No Result
View All Result
IGIKA TV
No Result
View All Result

Ngoma & Kayonza: Hakonwe imbwa 204

OMEGA BOY by OMEGA BOY
March 5, 2026
in Amakuru
506 21
0
Ngoma & Kayonza: Hakonwe imbwa 204
730
SHARES
Share on FacebookShare on Twitter

Imbwa 204 zo mu turere twa Ngoma na Kayonza zakonwe izindi zirakingirwa ku buntu, abaturage basabwa kwirinda kuzifata nabi kuko bituma zihinduka inyagasozi zikaba zarya abantu.

Izi mbwa zakonwe binyuze mu bukangurambaga bwakozwe n’umuryango utegamiye kuri Leta wita ku buzima bwiza bw’inyamaswa n’abantu babana na zo uzwi nka WAG Rwanda, wari umaze iminsi ukorera mu turere twa Kayonza na Ngoma mu mirenge ya Mukarange, Rwinkwavu na Kabare ndetse no mu mirenge ya Remera na Sake.

You might also like

Nyanza: Umugore yapfiriye ku cyapa cya Bisi

Amashusho y’umugore uri gukubita umugabo inshyi z’amatwi yarikoroje ku mbuga nkoranyambaga [Video]

Abajura bibye ibikoresho byose by’ikipe y’u Bwongereza

Muri Kayonza bakonnye imbwa 54 mu gihe muri Ngoma bakonnye imbwa 150, izi ziyongera ku zindi mbwa zakingiwe ibisazi by’imbwa ku buryo ziramutse zirumye umuntu nta bindi bibazo yagira.

Umuyobozi ushinzwe Ubushakashatsi n’Abafatanyabikorwa mu Muryango WAG Rwanda, Dr. Nduwayezu Richard, yavuze ko basanzwe bita ku mbwa zizerera hirya no hino ariko ko banatangiye ubukangurambaga bwo gukingira ibisazi by’imbwa, kuzikona no gufasha abantu kuzitaho kugira ngo zitazerera zigateza ibibazo.

Ati “Mu Karere kose ka Ngoma ni imbwa 150 twakoreye ariko ikibazo kigihari ni ukumenya umubare wose w’imbwa abantu batunze kugira ngo zijye zibasha kwitabwaho zihabwe ibisabwa. Abaturage turabasaba kumva ko izi serivisi dutanga zo gukona imbwa ari ubuntu, nibumve ko gutunga imbwa bakwiriye kuzirinda kuzerera kuko iyo zizerereye ziruma abantu bigateza ibibazo.’’

Niyomugabo Jean Pierre utuye mu Murenge wa Sake mu Kagari ka Nkanga wari wagiye gukonesha imbwa ye, yavuze ko biyirinda kuzerera, bikanatuma idakunda gusakuza cyane nk’uko yari isanzwe ibikora.

Musabwamana Yvonne ati “Gukonesha imbwa bituma yitonda bikayibuza kuzerera, ikagwa neza ntibe yarya abantu ahubwo ikabana neza n’abantu.’’

Umuyobozi w’Akarere ka Ngoma, Niyonagira Nathalie, yavuze ko bahisemo gufatanya n’uyu muryango wa WAG Rwanda mu gukona izi mbwa kugira ngo bafashe abazitunze kudakomeza kwiyongera cyane kuko bituma inyinshi zizerera ku gasozi bikaba byanateza ibyago mu baturage.

Ati “Icyo bigiye gufasha cya mbere ni uguca imyororokere idakenewe muri ariya matungo yo mu rugo arimo imbwa n’injangwe. Habaye ibarura rigaragaza ko hari imbwa nyinshi n’injangwe, mu gukurikirana tugasanga abenshi bazitunze batazitaho uko bikwiye, usanga inyinshi zigenda ku gasozi zikabwagura mu buryo bw’akajagari, twakanguriye abazitunze kugenda bakazikona.’’

Meya Niyonagira yavuze ko abantu batunze imbwa bakwiriye kuzikingiza, bakazijyana bakazikona kugira ngo bice akajagari k’izizerera ahantu henshi, zajyaga zinahungabanya umutekano w’abaturage.

Kugeza ubu uyu muryango WAG Rwanda uvuga ko mu Rwanda habarurwa imbwa zirenga ibihumbi 66 ziri hirya no hino. Bavuga ko impamvu imbwa nyinshi zikwiriye gukonwa ari uko zibwagura bigatuma abazitunze batazitaho neza iziba mu gasozi zigakomeza kwiyongera.

Previous Post

Abataranyuzwe n’ibyiciro bahawe mu kwishyura mituweli bemerewe kujya gukosoza amakuru bagahabwa ibishya

Next Post

Nyanza: Abayobozi batatu batawe muri yombi bakekwaho kurya amafaranga ya koperative bari bayoboye

OMEGA BOY

OMEGA BOY

Related Posts

Nyanza: Umugore yapfiriye ku cyapa cya Bisi
Amakuru

Nyanza: Umugore yapfiriye ku cyapa cya Bisi

by OMEGA BOY
June 13, 2026
Amashusho y’umugore uri gukubita umugabo inshyi z’amatwi yarikoroje ku mbuga nkoranyambaga [Video]
Amakuru

Amashusho y’umugore uri gukubita umugabo inshyi z’amatwi yarikoroje ku mbuga nkoranyambaga [Video]

by OMEGA BOY
June 13, 2026
Abajura bibye ibikoresho byose by’ikipe y’u Bwongereza
Amakuru

Abajura bibye ibikoresho byose by’ikipe y’u Bwongereza

by OMEGA BOY
June 13, 2026
Indege ya Papa Leo yagize ikibazo bituma atira iy’Umwami wa Espagne
Amakuru

Indege ya Papa Leo yagize ikibazo bituma atira iy’Umwami wa Espagne

by OMEGA BOY
June 13, 2026
Iran yemeje ko Amerika nishaka intambara nabo bazayirwana
Amakuru

Iran yemeje ko Amerika nishaka intambara nabo bazayirwana

by OMEGA BOY
June 13, 2026
Next Post
Nyanza: Abayobozi batatu batawe muri yombi bakekwaho kurya amafaranga ya koperative bari bayoboye

Nyanza: Abayobozi batatu batawe muri yombi bakekwaho kurya amafaranga ya koperative bari bayoboye

Please login to join discussion

Recommended

Kamonyi: Coaster yagonze umunyamaguru ahita apfa

Kamonyi: Coaster yagonze umunyamaguru ahita apfa

October 18, 2025
RDC: Guhera muri Mata 2027 nta muntu uzaba wemerewe kwishyura serivisi iyo ari yo yose mu Madolari

RDC: Guhera muri Mata 2027 nta muntu uzaba wemerewe kwishyura serivisi iyo ari yo yose mu Madolari

April 21, 2026

Categories

  • AKAZI
  • Amakuru
  • Amatangazo
  • Business
  • Entertainment
  • Imikino
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • Siporo
  • Uburezi
  • Uncategorized
  • UTUNTU N'UTUNDI

Don't miss it

Nyanza: Umugore yapfiriye ku cyapa cya Bisi
Amakuru

Nyanza: Umugore yapfiriye ku cyapa cya Bisi

June 13, 2026
Amashusho y’umugore uri gukubita umugabo inshyi z’amatwi yarikoroje ku mbuga nkoranyambaga [Video]
Amakuru

Amashusho y’umugore uri gukubita umugabo inshyi z’amatwi yarikoroje ku mbuga nkoranyambaga [Video]

June 13, 2026
Abajura bibye ibikoresho byose by’ikipe y’u Bwongereza
Amakuru

Abajura bibye ibikoresho byose by’ikipe y’u Bwongereza

June 13, 2026
Itangazo ry’akazi rireba buri muntu wese wifuza kwinjira muri DASSO mu mujyi wa Kigali – Deadline 21/06/2026
Amatangazo

Itangazo ry’akazi rireba buri muntu wese wifuza kwinjira muri DASSO mu mujyi wa Kigali – Deadline 21/06/2026

June 13, 2026
Indege ya Papa Leo yagize ikibazo bituma atira iy’Umwami wa Espagne
Amakuru

Indege ya Papa Leo yagize ikibazo bituma atira iy’Umwami wa Espagne

June 13, 2026
Itsinda rya Vestine na Dorcas ryatandukanye na M Irene wari umujyanama waryo
IMYIDAGADURO

Itsinda rya Vestine na Dorcas ryatandukanye na M Irene wari umujyanama waryo

June 13, 2026

Categories

  • AKAZI
  • Amakuru
  • Amatangazo
  • Business
  • Entertainment
  • Imikino
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • Siporo
  • Uburezi
  • Uncategorized
  • UTUNTU N'UTUNDI

Recent News

Nyanza: Umugore yapfiriye ku cyapa cya Bisi

Nyanza: Umugore yapfiriye ku cyapa cya Bisi

June 13, 2026
Amashusho y’umugore uri gukubita umugabo inshyi z’amatwi yarikoroje ku mbuga nkoranyambaga [Video]

Amashusho y’umugore uri gukubita umugabo inshyi z’amatwi yarikoroje ku mbuga nkoranyambaga [Video]

June 13, 2026

© 2025 IGIKA TV | All Right Reserved

No Result
View All Result
  • Amakuru
  • Siporo
  • Uburezi
  • Imikino
  • AKAZI
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 IGIKA TV | All Right Reserved

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password? Sign Up

Create New Account!

Fill the forms below to register

All fields are required. Log In

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In