Kamanzi Jean Marie Vianny w’imyaka 36 yatawe muri yombi akurukirwanyweho kurira ipoto y’amashanyarazi yiyise umukozi wa REG.
Ibi byabaye ku gicamunsi cyo kuri uyu wa 17 Mutarama 2026 bibera mu Karere ka Nyabihu Umurenge wa Rambura Akagali ka Rugamba Umudugudu wa Nkomane.
Amakuru avuga ko uyu Jean Marie Vianny yafashwe na Ndangu Marcer usanzwe uyubora uyu Murenge wa Rambura, Aho yamusanze yuriye ipoto y’amashanyarazi amusaba kumanuka.
Mu kumanuka yamanutse ashaka kwiruka Gitifu yitabaza izindi nzego z’umutekano.
Mu gufatwa yabajijwe ibiranga ko ari umukozi wa REG arabibura bihutira kumushyikiriza Polisi kugirango ikore iperereza.
Kuri ubu uyu wafashwe afungiye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Karango.


![Amashusho y’umugore uri gukubita umugabo inshyi z’amatwi yarikoroje ku mbuga nkoranyambaga [Video]](https://igikatv.com/wp-content/uploads/2026/06/IMG-20260613-WA0008-360x180.jpg)







![Amashusho y’umugore uri gukubita umugabo inshyi z’amatwi yarikoroje ku mbuga nkoranyambaga [Video]](https://igikatv.com/wp-content/uploads/2026/06/IMG-20260613-WA0008-120x86.jpg)



