Impanuka ebyiri z’ubwato zabereye mu ntara ya Equateur muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, zishe abagera ku 193 mu gihe abandi benshi bagishakishwa.
Izi mpanuka zabaye tariki ya 10 n’iya 11 Nzeri 2025, nk’uko Guverinoma ya RDC yabisobanuriye itangazamakuru.
Ubwato bwa mbere bwarohamye tariki ya 10 Nzeri muri teritwari ya Basankusu, ubwo bwagonganaga n’ubundi. Abantu bagera kuri 86 biganjemo abanyeshuri barapfuye, hatabarwa 10, abandi benshi baburirwa irengero gusa umubare wabo ntiwavuzwe.
Bivugwa ko impanuka y’ubu bwato yatewe n’uko bwari butwaye abantu barenze ubushobozi bwabwo, no kuba bwarakoraga urugendo mu mwijima kuko hari nijoro.
Umuyobozi wa sosiyete sivile ikorera muri Basankusu, Nelson Joseph Kayoko Londo, yagize ati “Gutwara ubwato mu ijoro ntibyemewe arirko ntibyubahirizwa.”
Impanuka ya tariki ya 11 Nzeri yo yabaye ubwo ubwato bwari butwaye abagenzi hafi 500 bwafatwaga n’inkongi, burohama mu Ruzi rwa Congo ahaherera muri teritwari ya Lukolela. Leta yashoboye gukura mu mazi imirambo 107, itabara 209 bakiri bazima.
Minisiteri ishinzwe imibereho myiza y’abaturage yatangaje ko mu gihe ibikorwa by’ubutabazi bikomeje, hari abantu 146 bari muri ubu bwato bataraboneka.


![Amashusho y’umugore uri gukubita umugabo inshyi z’amatwi yarikoroje ku mbuga nkoranyambaga [Video]](https://igikatv.com/wp-content/uploads/2026/06/IMG-20260613-WA0008-360x180.jpg)







![Amashusho y’umugore uri gukubita umugabo inshyi z’amatwi yarikoroje ku mbuga nkoranyambaga [Video]](https://igikatv.com/wp-content/uploads/2026/06/IMG-20260613-WA0008-120x86.jpg)



