Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) Dr. Murangira B. Thierry, yagaragaje ko kumenya amakuru ajyanye n’ubutaka cyangwa inzu ari bimwe mu byo abatekamutwe bifashisha mu kugurisha imitungo itimukanwa itari iyabo.
Ibi yabigarutseho ku wa 17 Werurwe 2026, ubwo RIB yerekanaga abantu 11 bakurikiranyweho ibyaha bijyanye no kwihesha ikintu cy’undi hakoreshejwe uburiganya.
Abatawe muri yombi bakurinyweho ibirimo kwihesha ikintu cy’undi hakoreshejwe uburiganya, gukoresha inyandiko mpimbano, kwiyitirira imyorondoro y’undi, iyezandonke ndetse no gushinga umutwe w’abagizi ba nabi.
Ku wa 9 Werurwe 2026, ni bwo aba barimo abagabo umunani n’abagore batatu batawe muri yombi na RIB ku bufatanye n’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubutaka, bafungiye kuri sitasiyo za RIB zo mu Mujyi wa Kigali mu gihe dosiye yabo irimo gutunganywa kugira ngo ishyikirizwe Ubushinjacyaha.
Dr. Murangira yagaragaje ko amwe mu mayeri bakoreshaga mu kwihesha ikintu cy’undi babanza gushaka amakuru ku butaka bakamenya nyirabwo ubwanditseho ndetse n’ibindi.
Iyo bamaze kubona ayo makuru ni yo bashingiraho bacura umugambi ndetse bagakora n’itsinda cyangwa umutwe uzawushyira mu bikorwa.
Mu bagize itsinda ryabo haba harimo na noteri wigenga uba ushinzwe kwemeza icyemezo cy’ubutaka kugira ngo inzira zo kugurisha zigaragara nk’izinyuze mu mucyo.
Dr. Murangira yasabye abantu kugira amakenga birinda ibyaha by’ubwambuzi bushukana.
Ati “Ibi byaha by’ubwambuzi bushukana bisaba ko abantu bagira amakenga kuko abakora ibi byaha babitegurana ubwenge, kubera ko buri umwe aba afite inshingano n’uruhare rwe mu itsinda bashinze.”
RIB igaragaza ko mu mafaranga aba bantu bari baranyereje, imaze kugaruza arenga miliyari 1 Frw gusa ivuga ko igikomeje ibikorwa byo kuyagaruza.


![Amashusho y’umugore uri gukubita umugabo inshyi z’amatwi yarikoroje ku mbuga nkoranyambaga [Video]](https://igikatv.com/wp-content/uploads/2026/06/IMG-20260613-WA0008-360x180.jpg)







![Amashusho y’umugore uri gukubita umugabo inshyi z’amatwi yarikoroje ku mbuga nkoranyambaga [Video]](https://igikatv.com/wp-content/uploads/2026/06/IMG-20260613-WA0008-120x86.jpg)



