• Amakuru
  • Siporo
  • Uburezi
  • Imikino
  • AKAZI
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI
No Result
View All Result
IGIKA TV
  • Amakuru
  • Siporo
  • Uburezi
  • Imikino
  • AKAZI
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI
No Result
View All Result
IGIKA TV
No Result
View All Result

Sénégal yambuwe igikombe cya Afurika cya 2026

OMEGA BOY by OMEGA BOY
March 18, 2026
in Imikino
535 5
0
Sénégal yambuwe igikombe cya Afurika cya 2026
748
SHARES
Share on FacebookShare on Twitter

Akanama gashinzwe Ubujurire mu Mpuzamashyirahamwe ya Ruhago muri Afurika (CAF) kemeje ko Igikombe cya Afurika cyegukanywe na Sénégal icyamburwa, kigahabwa Maroc.

Mu ijoro ryo ku wa Kabiri, tariki ya 17 Werurwe 2026, ni bwo CAF yashyize hanze itangazo rigaragaza ibyavuye mu bujurire bwatanzwe na Maroc nyuma y’imyanzuro y’ikibazo cy’imyitwarire yabaye ku mukino wa nyuma w’Igikombe cya Afurika cya 2026.

You might also like

APR FC yongeye kwandika amateka yegukana Igikombe cy’Amahoro cya 2026

Nyuma y’imyaka 22 Arsenal yongeye kwegukana Premier League

“N’umupilote ahanura indege atabishaka, nkanswe njye waba umanuye ikipe” Bekeni asubiza uwarumubajije niba nta bwoba afite bwo kuba Etincelles FC yamanuka mu Cyiciro cya Kabiri

Ku wa 18 Mutarama 2026 ni bwo mu Mujyi wa Rabat muri Maroc, habereye umukino wa nyuma w’Igikombe cya Afurika, ariko ntiwagenda neza kuko waranzwe n’imvururu zikabije zasize na bamwe mu bafana ba Sénégal bafunzwe.

Muri uko kwezi, Komisiyo ishinzwe Imyitwarire muri CAF yafatiye ibihano bikomeye Ishyirahamwe rya Ruhago muri Sénégal n’iryo mu Bwami bwa Maroc, birimo kwishyura amande, guhagarika Umutoza Pape Thiaw n’abakinnyi batandukanye ku mpande zombi.

Uyu mwanzuro ntabwo wanejeje Maroc yahisemo kujya kujurira, birangira ihawe ubutabera bwo guhabwa igikombe nk’uko byatangajwe na CAF mu itangazo yashyize hanze.

Yagize iti “Akanama gashinzwe Ubujurire muri CAF kashingiye ku Ngingo ya 84 y’Amategeko y’Igikombe cya Afurika (AFCON), kemeza ko Ikipe y’Igihugu ya Sénégal iterwa mpaga ku mukino wa nyuma w’Igikombe cya Afurika cya 2025 muri Maroc, ku bitego 3-0 by’Ishyirahamwe rya Ruhago muri Maroc FRMF.”

Ismaël Saibar ukinira Maroc wari wahagaritswe imikino itatu akanacibwa amande y’ibihumbi 100 by’Amadolari (asaga miliyoni 145 Frw), ibyo bihano byakuweho ariko ahanwa kudakina imikino ibiri ya CAF harimo umwe usubitse.

FRMF yegukanye Igikombe cya Afurika cya 2025, yari yaciwe kandi ibihumbi 15$ (miliyoni 21 Frw) kubera abafana bakoresheje urumuri (lasers) batunga mu maso y’abakinnyi muri uwo mukino, na yo yagabanyijwe aba ibihumbi 10$.

FRMF yari yaciwe ibihumbi 200$ (hafi miliyoni 291 Frw) kubera imyitwarire idakwiye yaranze abana batoragura imipira ku kibuga muri uwo mukino, ariko yagabanyijwe aba ibihumbi 50$.

Ibihumbi 100$ (miliyoni 145 Frw) yari yaciwe kubera imyitwarire y’abakinnyi b’ikipe y’igihugu yayo n’abatoza bagiye mu cyumba cya VAR kubangamira abasifuzi kandi bikaba bihabanye n’ingingo ya 82 n’iya 83 mu mategeko ngengamyitwarire CAF igenderaho, byagumyeho.

Abandi bakinnyi ba Maroc bandi bari bahagaritswe barimo Kapiteni w’iki gihugu, Achraf Hakimi, ibihano byabo byakuweho.

Previous Post

Umuhanzi Gisa Cyinganzo yasabwe n’inkumi kuyisinyira ku ibere mu ruhame

Next Post

RIB yerekanye abantu 11 bakekwaho gutekera abantu umutwe bakabagurisha imitungo itari iyabo

OMEGA BOY

OMEGA BOY

Related Posts

APR FC yongeye kwandika amateka yegukana Igikombe cy’Amahoro cya 2026
Imikino

APR FC yongeye kwandika amateka yegukana Igikombe cy’Amahoro cya 2026

by OMEGA BOY
May 23, 2026
Nyuma y’imyaka 22 Arsenal yongeye kwegukana Premier League
Imikino

Nyuma y’imyaka 22 Arsenal yongeye kwegukana Premier League

by OMEGA BOY
May 20, 2026
“N’umupilote ahanura indege atabishaka, nkanswe njye waba umanuye ikipe” Bekeni asubiza uwarumubajije niba nta bwoba afite bwo kuba Etincelles FC yamanuka mu Cyiciro cya Kabiri
Imikino

“N’umupilote ahanura indege atabishaka, nkanswe njye waba umanuye ikipe” Bekeni asubiza uwarumubajije niba nta bwoba afite bwo kuba Etincelles FC yamanuka mu Cyiciro cya Kabiri

by OMEGA BOY
May 11, 2026
Arsenal yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League itsinze Atletico Madrid igitego 1-0
Imikino

Arsenal yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League itsinze Atletico Madrid igitego 1-0

by OMEGA BOY
May 6, 2026
FERWAFA yafatiye ibihano umusifizi wakubise umukinnyi wa Mukura VS umugeri
Imikino

FERWAFA yafatiye ibihano umusifizi wakubise umukinnyi wa Mukura VS umugeri

by OMEGA BOY
May 5, 2026
Next Post
RIB yerekanye abantu 11 bakekwaho gutekera abantu umutwe bakabagurisha imitungo itari iyabo

RIB yerekanye abantu 11 bakekwaho gutekera abantu umutwe bakabagurisha imitungo itari iyabo

Please login to join discussion

Recommended

Trump yahaye Iran iminsi itatu yo kwitekerezaho

Trump yahaye Iran iminsi itatu yo kwitekerezaho

April 23, 2026
Rubavu: Abantu barindwi bafunzwe bakekwaho kwiba Inka bakayibaga

Rubavu: Abantu barindwi bafunzwe bakekwaho kwiba Inka bakayibaga

March 29, 2026

Categories

  • AKAZI
  • Amakuru
  • Amatangazo
  • Business
  • Entertainment
  • Imikino
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • Siporo
  • Uburezi
  • Uncategorized
  • UTUNTU N'UTUNDI

Don't miss it

Ibikubiye mu byemezo by’Inama y’Abaminisitiri yateranye ku wa 8 Kamena 2026
Amakuru

Ibikubiye mu byemezo by’Inama y’Abaminisitiri yateranye ku wa 8 Kamena 2026

June 9, 2026
Rwamagana: Abantu batatu barimo abakecuru babiri bafitanye isano bishwe na kanyanga
Amakuru

Rwamagana: Abantu batatu barimo abakecuru babiri bafitanye isano bishwe na kanyanga

June 8, 2026
Donald Trump yananiwe kwihanganira ibibazo yahatwaga n’umunyamakuru ahitamo kwivumbura ava mu kiganiro kitarangiye
Amakuru

Donald Trump yananiwe kwihanganira ibibazo yahatwaga n’umunyamakuru ahitamo kwivumbura ava mu kiganiro kitarangiye

June 8, 2026
Umuhanzi Kirikou Akili ararembye
IMYIDAGADURO

Umuhanzi Kirikou Akili ararembye

June 8, 2026
RwandAir yasubitse ingendo zijya n’iziva i Doha na Dubai
Amakuru

RwandAir yahagaritse gutwara abagenzi bava muri Sudani y’Epfo, Uganda na RDC bajya muri UAE kubera Ebola

June 7, 2026
Nyirabagande Drocelle wamamaye nka ‘Langwida’ mu ikinamico Urunana yitabye Imana
Amakuru

Nyirabagande Drocelle wamamaye nka ‘Langwida’ mu ikinamico Urunana yitabye Imana

June 7, 2026

Categories

  • AKAZI
  • Amakuru
  • Amatangazo
  • Business
  • Entertainment
  • Imikino
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • Siporo
  • Uburezi
  • Uncategorized
  • UTUNTU N'UTUNDI

Recent News

Ibikubiye mu byemezo by’Inama y’Abaminisitiri yateranye ku wa 8 Kamena 2026

Ibikubiye mu byemezo by’Inama y’Abaminisitiri yateranye ku wa 8 Kamena 2026

June 9, 2026
Rwamagana: Abantu batatu barimo abakecuru babiri bafitanye isano bishwe na kanyanga

Rwamagana: Abantu batatu barimo abakecuru babiri bafitanye isano bishwe na kanyanga

June 8, 2026

© 2025 IGIKA TV | All Right Reserved

No Result
View All Result
  • Amakuru
  • Siporo
  • Uburezi
  • Imikino
  • AKAZI
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 IGIKA TV | All Right Reserved

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password? Sign Up

Create New Account!

Fill the forms below to register

All fields are required. Log In

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In