Ubuyobozi bw’Akarere ka Rulindo bwamaganye ibyatangajwe n’umuturage wako witwa Habimana Vincent wavuze ko nyina na mushiki we baherutse gufungirwa mu biro by’umurenge.
Ni nyuma y’uko Habimana yatangaje ko Ubuyobozi bw’Akagari ka Karengeri mu Murenge wa Burega mu Karere ka Rulindo bwafatanyije n’umugore we kugurisha inka ye mu buryo avuga ko budakurikije amategeko.
Kugurisha iyo nka avuga ko byakurikiwe no gufungira nyina na mushiki we mu biro by’Umurenge wa Burega, ibintu abona ko ari akarengane kakorewe abo mu muryango we.
Ibibazo bishingiye ku makimbirane Habimana n’umugore we bamaramye imyaka itatu bafitanye. Byatangiye bananirwa kuba mu Mujyi wa Kigali bagasubira i Rulindo mu Murenge wa Burega bitewe n’amikoro make.
Bakomeje kugirana amakimbirane ashingiye ku bukene bigera ubwo ku itariki 7 Mata 2026 Habimana atorokanye umwana bafitanye w’umwaka n’igice bajya kuba i Musanze, umugore amujyana mu nkiko.
Mu gihe urubanza rwari rutaraba, ngo inka ya Habimana yabaga mu rugo iwabo yaje kugurishwa n’umugore we afatanyije n’ubuyobozi bw’Akagari ka Karengeri ku itariki 21 Gicurasi 2026.
Ati “Umugore wanjye na Gitifu w’Akagari baragiye ari nijoro bajya mu rugo inka bayigurisha ibihumbi 900 Frw nari narayiguze ibihumbi 250 Frw. Bamaze kuyigurisha bukeye mama na mushiki wanjye muto babajyana mu Murenge wa Burega babasinyisha ku ngufu ngo bemeze ko inka yahawe umugore wanjye. Bamaze kubasinyisha barabafungiranye aba-DASSO bashyiraho n’ingufuri babarekura Saa Moya z’ijoro.”
Uwo mugabo avuga ko yarenganyijwe, inka ye yaguze atarabana n’umugore we ikagurishwa atabizi ndetse n’abo mu muryango we bagafungwa mu buryo bunyuranyije n’amategeko ndetse ko yatanze ikirego ariko Akarere ka Rulindo ntikamusubize.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Karengeri, Ingabire Laurence, yahakanye yivuye inyuma ibyo gufatanya n’umugore wa Habimana kugurisha inka avuga ko ubuyobozi butakora iryo kosa.
Yagaragaje ahubwo ko Habimana afite inka zirenze imwe ndetse ko ava mu rugo yasize na we akubise umugore aramuvuna anagurisha inka imwe nyuma umugore akagurisha indi yivuza.
Yongeyeho ko babizi ko uyu muryango ufite amakimbirane y’ibyo abawugize batumvikanaho ariko ko bisaba ko uwo mugabo asubira mu rugo bakabafasha gukemura ibibazo bafitanye.
Byashimangiwe na Meya w’Akarere ka Rulindo, Uwanyirigira Judith yavuze ko ikibazo cya Habimana bakizi ariko ko harimo ibitari ukuri kuko yavuye mu rugo rwe akubise umugore bikomeye ndetse ko ibyo gufungira abo mu muryango mu murenge nta byabayeho.
Ati “Uwo mugabo arabizi ko yagiye akubise umugore rero yagurishije iyo nka kugira ngo yivuze ubuyobozi turabizi. Na ho ibyo avuga byo gufungira nyina na mushiki we mu murenge si byo kuko kuvuga ibintu ni kimwe no kuba ari ukuri ni ikindi. Ntabwo dufungira abantu mu murenge.”














