• Amakuru
  • Siporo
  • Uburezi
  • Imikino
  • AKAZI
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI
No Result
View All Result
IGIKA TV
  • Amakuru
  • Siporo
  • Uburezi
  • Imikino
  • AKAZI
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI
No Result
View All Result
IGIKA TV
No Result
View All Result

RwandAir igiye kujya yereka abagenzi filime z’i Nyarwanda aho kubereka inyamahanga

OMEGA BOY by OMEGA BOY
October 4, 2025
in IMYIDAGADURO
426 18
0
RwandAir igiye kujya yereka abagenzi filime z’i Nyarwanda aho kubereka inyamahanga
615
SHARES
Share on FacebookShare on Twitter

Ikigo cya ZACU Entertainment cyinjiye mu bufatanye bwo kwerekana filime zacyo, mu ngendo z’ahantu hatandukanye RwandAir ikora mu bice hafi ya byose by’Isi yose, mu gihe hari hasanzwe herekanwamo iz’inyamahanga gusa.

Ubu bufatanye bwatangajwe kuri uyu wa Gatanu tariki 3 Ukwakira mu kiganiro n’abanyamakuru, cyabereye muri Zari Court ubwo ZACU Entertainment yizihizaga imyaka itatu imaze.

You might also like

Itsinda rya Vestine na Dorcas ryatandukanye na M Irene wari umujyanama waryo

Zari Hassan yatandukanye n’umugabo we

Umuhanzi Kirikou Akili ararembye

Misago Nelly Wilson watangije ZACU yavuze ko kuba batangiye ubu bufatanye ari ikintu gikomeye kuri sinema nyarwanda. Ati “Uyu munsi nishimiye gutangaza ubufatanye bushya na RwandAir. Guhera ubu ibikorwa by’abakinnyi ba filime nyarwanda bigiye kujya bigaragara mu ndege za RwandAir. Ni ikintu gikomeye.”

Yakomeje avuga ko akamaro k’ubu bufatanye uretse kugaragara kwa sinema nyarwanda ku ruhando mpuzamahanga, bizanafasha abasanzwe bakora filime kubona amafaranga bagakomeza gukomeza gukora filime nyinshi.

Fiona Mbabazi ushinze itumanaho muri RwandAir yavuze ko ari ingenzi kuba iki kigo cyinjiye mu bufatanye na ZACU, kuko bizatanga umusaruro ukomeye mu kuzamura sinema nyarwanda.

Ati “Kugeza ubu aho turi naho ubukungu bw’igihugu buri, ubukungu bushingiye ku buhanzi buri gukura nk’uko twese tubizi. Ni ingenzi kuba nkatwe RwandAir twinjiye mu bufatanye na ZACU Entertainment, mu kuzamura impano z’imbere mu gihugu ndetse tukagira uruhare mu guteza imbere ubukungu bushingiye ku buhanzi. Nk’uko mubizi ZACU ni umwe mu miyoboro ikomeye dufite, twishimiye kuba tugiye kugira ibiganiro bya ZACU muri porogaramu dufite.”

Yakomeje avuga ko ari ikintu cyo kwishimira, kuba abagenzi ba RwandAir bagiye kujya bareba filime nyarwanda bari mu ndege.

Ati “Ni igice cy’ingamba z’u Rwanda, ni uko tugomba kugeza umuco nyarwanda ku Isi hose. Ibi bisobanuye ko abagenzi bacu bari mu ndege batazabona gusa ubukerarugendo bwacu cyangwa umuziki nyarwanda, ahubwo bazicara bishimye, banyurwe bareba na filime zacu. Ibi ni ibintu dukwiye kwishimira, ibintu bitwerekana abo turi bo ariko binatuma umuco wacu ukomeza gukura.”

Amasezerano y’ubu bufatanye azamara imyaka itatu ishobora kongerwa.

Previous Post

Muhanga: Umugore n’abagabo babiri bafatanywe ibiro 6 by’urumogi

Next Post

Rubavu: Polisi yataye muri yombi abantu babiri bakoraga amafaranga ya Pilate, bafatanwa na simukadi 12 bakoreshaka batuburira abantu

OMEGA BOY

OMEGA BOY

Related Posts

Itsinda rya Vestine na Dorcas ryatandukanye na M Irene wari umujyanama waryo
IMYIDAGADURO

Itsinda rya Vestine na Dorcas ryatandukanye na M Irene wari umujyanama waryo

by OMEGA BOY
June 13, 2026
Zari Hassan yatandukanye n’umugabo we
IMYIDAGADURO

Zari Hassan yatandukanye n’umugabo we

by OMEGA BOY
June 12, 2026
Umuhanzi Kirikou Akili ararembye
IMYIDAGADURO

Umuhanzi Kirikou Akili ararembye

by OMEGA BOY
June 8, 2026
Kaminuza ya Harvest Christian yahaye Chris Brown impamyabumenyi y’ikirenga (PhD)
IMYIDAGADURO

Kaminuza ya Harvest Christian yahaye Chris Brown impamyabumenyi y’ikirenga (PhD)

by OMEGA BOY
May 24, 2026
Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwashimangiye ko iguhano cyahawe Djihad, K John n’abo bareganwa kigumaho
Amakuru

Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwashimangiye ko iguhano cyahawe Djihad, K John n’abo bareganwa kigumaho

by OMEGA BOY
May 19, 2026
Next Post
Rubavu: Polisi yataye muri yombi abantu babiri bakoraga amafaranga ya Pilate, bafatanwa na simukadi 12 bakoreshaka batuburira abantu

Rubavu: Polisi yataye muri yombi abantu babiri bakoraga amafaranga ya Pilate, bafatanwa na simukadi 12 bakoreshaka batuburira abantu

Please login to join discussion

Recommended

Nyanza: Abayobozi batatu batawe muri yombi bakekwaho kurya amafaranga ya koperative bari bayoboye

Nyanza: Abayobozi batatu batawe muri yombi bakekwaho kurya amafaranga ya koperative bari bayoboye

March 6, 2026
Kayonza: Umumotari yagonze umupolisi wari mu kazi ahita yitaba Imana

Kayonza: Umumotari yagonze umupolisi wari mu kazi ahita yitaba Imana

December 27, 2025

Categories

  • AKAZI
  • Amakuru
  • Amatangazo
  • Business
  • Entertainment
  • Imikino
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • Siporo
  • Uburezi
  • Uncategorized
  • UTUNTU N'UTUNDI

Don't miss it

Nyanza: Umugore yapfiriye ku cyapa cya Bisi
Amakuru

Nyanza: Umugore yapfiriye ku cyapa cya Bisi

June 13, 2026
Amashusho y’umugore uri gukubita umugabo inshyi z’amatwi yarikoroje ku mbuga nkoranyambaga [Video]
Amakuru

Amashusho y’umugore uri gukubita umugabo inshyi z’amatwi yarikoroje ku mbuga nkoranyambaga [Video]

June 13, 2026
Abajura bibye ibikoresho byose by’ikipe y’u Bwongereza
Amakuru

Abajura bibye ibikoresho byose by’ikipe y’u Bwongereza

June 13, 2026
Itangazo ry’akazi rireba buri muntu wese wifuza kwinjira muri DASSO mu mujyi wa Kigali – Deadline 21/06/2026
Amatangazo

Itangazo ry’akazi rireba buri muntu wese wifuza kwinjira muri DASSO mu mujyi wa Kigali – Deadline 21/06/2026

June 13, 2026
Indege ya Papa Leo yagize ikibazo bituma atira iy’Umwami wa Espagne
Amakuru

Indege ya Papa Leo yagize ikibazo bituma atira iy’Umwami wa Espagne

June 13, 2026
Itsinda rya Vestine na Dorcas ryatandukanye na M Irene wari umujyanama waryo
IMYIDAGADURO

Itsinda rya Vestine na Dorcas ryatandukanye na M Irene wari umujyanama waryo

June 13, 2026

Categories

  • AKAZI
  • Amakuru
  • Amatangazo
  • Business
  • Entertainment
  • Imikino
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • Siporo
  • Uburezi
  • Uncategorized
  • UTUNTU N'UTUNDI

Recent News

Nyanza: Umugore yapfiriye ku cyapa cya Bisi

Nyanza: Umugore yapfiriye ku cyapa cya Bisi

June 13, 2026
Amashusho y’umugore uri gukubita umugabo inshyi z’amatwi yarikoroje ku mbuga nkoranyambaga [Video]

Amashusho y’umugore uri gukubita umugabo inshyi z’amatwi yarikoroje ku mbuga nkoranyambaga [Video]

June 13, 2026

© 2025 IGIKA TV | All Right Reserved

No Result
View All Result
  • Amakuru
  • Siporo
  • Uburezi
  • Imikino
  • AKAZI
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 IGIKA TV | All Right Reserved

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password? Sign Up

Create New Account!

Fill the forms below to register

All fields are required. Log In

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In