Rogers Mmari wari umupolisi wa Tanzania ukorera mu gace ka Iringa, yakatiwe gufungwa imyaka ibiri nyuma yo guhamwa n’icyaha cyo gukubita no kwica uwakekwagaho kwiba telefone.
Amakuru dukesha The Citizen avuga ko icyaha cyo kwica Rogers Mmari yahamijwe yagikoze mu Ukuboza 2024, nyuma yo gukubita no kwica umusore witwaga Nashoni Kiyeyeu.
Ku wa 14 Ukuboza 2024 nibwo uyu mugabo wakoreraga kuri sitasiyo ya polisi ya Ipogolo yakiriye amakuru ko Kiyeyeu yibye telefone.
Nyuma yo gutabwa muri yombi, Rogers Mmari ngo yakubise uyu musore bikabije ndetse bimuviramo ibikomere. Nyuma Kiyeyeu yasanzwe yataye ubwenge, ndetse aza gupfa ubwo yari agejejwe ku bitaro bya Iringa.
Rogers Mmari yahamijwe icyaha kuko nta hantu na hamwe yigeze atanga raporo ko uyu musore yari akurikiranyweho ubujura, mbere yo gufata icyemezo cyo kumukubita.
Rogers Mmari yemeye ko koko yakubise uyu musore, ariko avuga ko yabitewe n’uburakari bw’uko yari yanze gusubiza ubwo yari mu ibazwa.
Urukiko rwahamije Rogers Mmari icyaha cyo kwica atabigambiriye, rumukatira gufungwa Imyaka ibiri.














