U Bushinwa bwazamuye imisoro ku bifasha mu kuboneza urubyaro umusoro nk’udukingirizo, ibinini bigezwa kuri 13%, mu gihe umusoro wa serivisi zo kwita ku bana umusoro wakuweho mu rwego rwo kongera umubare w’abana bavuka.
Izi mpinduka mu by’imisoro zatangajwe mu mpera z’umwaka wa 2025, zihindura bimwe mu byari byarashyizweho kuva mu 1994 ubwo u Bushinwa bwashyiragaho politiki yo kubyara umwana umwe.
Ni impinduka zakuyeho kandi umusoro ku nyongeragaciro kuri serivisi zijyanye n’ubukwe no kwita ku bageze mu zabukuru, mu rwego rwo gushyigikira gahunda irimo kongera ikiruhuko cy’ababyeyi no gutanga amafaranga y’ingoboka.
Ibi byose u Bushinwa buri kubikorwa mu rwego rwo guhangana n’ikibazo cy’abaturage bakuze bari kuba benshi kurusha abavuka, binyuze mu gushishikariza abato gushaka n’abashakanye gukomeza kubyara.
Bamwe mu baturage bavuze ko kongera umusoro ku dukingirizo n’ibindi bikoresho byo kuboneza urubyaro biteje impungenge ku bwiyongere bw’inda zitategenyijwe na Virusi itera Sida ndetse bavuga ko bitari ngombwa ko umusoro wabyo wongerwa kugirango abantu babyare.
Daniel Luo w’imyaka 36 utuye mu Ntara ya Henan yavuze adahangayikishijwe n’izamuka ry’umusoro rya 13% agira ati “Mfite umwana umwe, kandi sinshaka abandi. Agasanduku k’udukingirizo gashobora kongeraho Ama-Yuan 5 cyangwa 10, ntikarenze 20, mu mwaka ni amafaranga make umuntu ashobora kwishyura.”
Inzobere mu bijyanye n’ubwiyongere bw’abaturage wo muri University of Wisconsin-Madison, Yi Fuxian, yavuze ko kwibwira ko umusoro ku dukingirizo uzongera umubare w’abana ari ukwibeshya yemeza ko u Bushinwa bushaka gukusanya imisoro aho bishoboka hose mu gihe ihanganye n’ibibazo by’ubukungu.
U Bushinwa buri mu bihugu bihenze cyane kurera umwana, nk’uko raporo yo mu 2024 y’Ikigo YuWa Population Research Institute cy’i Beijing ibigaragaza.
Ibyo biterwa n’amafaranga y’ishuri n’imbogamizi abagore bahura na zo mu guhuza akazi no kurera n’ibindi .
Imibare igaragaza ko umubare w’abaturage wagabanutse mu myaka itatu ikurikirana aho mu 2024 havutse abana miliyoni 9,5 gusa.
Ibi ni hafi kimwe cya kabiri cy’abavukaga mu myaka icumi ishize, ubwo u Bushinwa bwatangiraga koroshya amategeko yo kubyara umwana umwe.


![Amashusho y’umugore uri gukubita umugabo inshyi z’amatwi yarikoroje ku mbuga nkoranyambaga [Video]](https://igikatv.com/wp-content/uploads/2026/06/IMG-20260613-WA0008-360x180.jpg)







![Amashusho y’umugore uri gukubita umugabo inshyi z’amatwi yarikoroje ku mbuga nkoranyambaga [Video]](https://igikatv.com/wp-content/uploads/2026/06/IMG-20260613-WA0008-120x86.jpg)



