• Amakuru
  • Siporo
  • Uburezi
  • Imikino
  • AKAZI
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI
No Result
View All Result
IGIKA TV
  • Amakuru
  • Siporo
  • Uburezi
  • Imikino
  • AKAZI
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI
No Result
View All Result
IGIKA TV
No Result
View All Result

Ubushakashatsi bwagaragaje ko inyamaswa ziramutse zikoresha amafaranga nk’abantu, inkende zajya zigura indaya

OMEGA BOY by OMEGA BOY
June 2, 2026
in Amakuru, UTUNTU N'UTUNDI
509 26
0
Ubushakashatsi bwagaragaje ko inyamaswa ziramutse zikoresha amafaranga nk’abantu, inkende zajya zigura indaya
741
SHARES
Share on FacebookShare on Twitter

Mu 2005, Keith Chen na Laurie Santos, abashakashatsi bo muri Kaminuza ya Yale bashakaga kumenya uko byagenda inyamaswa ziramutse zikoresha amafaranga nk’abantu.

Ubwo bushakashatsi, bwarangiye, bamenye ko inyamaswa zishobora kugura indaya, zikaba abajura, kandi zikiga kwizigama, kimwe n’abantu! Ibyavumbuwe muri ubu bushakashatsi, byatumye abantu benshi bacika ururondogoro kandi birabatangaza cyane.

You might also like

Nyanza: Umugore yapfiriye ku cyapa cya Bisi

Amashusho y’umugore uri gukubita umugabo inshyi z’amatwi yarikoroje ku mbuga nkoranyambaga [Video]

Abajura bibye ibikoresho byose by’ikipe y’u Bwongereza

Keith Chen na Laurie Santos bafashe inkende zo mu bwoko bwa ‘capuchin’ zizwiho kugira ubumenyi buhambaye, bazishyira ahantu heza hameze nka pariki nto ariko ntibahashyira ibyo kurya.

Bazanye utu ‘disk’ dushashagirana tumeze nk’ibiceri maze buri nkende bayiha agafuka gato karimo utu ‘disk’ 12.

Nyuma bazanye imbuto z’imizabibu hamwe n’imigati ikoze mu nkeri. Bazihaga imizabibu ari uko zitanze aka ‘disk’ kamwe ariko ku mugati bakazisaba ‘disk’ ebyiri. Bamaze amezi babigenza batyo ariko nyuma bahitamo guhindura uburyo bakoreshaga.

Bagabanyije ingano y’ibyo kurya bahaga inkende, bituma na zo zitangira kuzajya zigura imizabibu kuruta uko zigura imigati kuko ari yo yari ihendutse, binyuze mu gutanga za ‘disk’.

Zize ko habaho ibiciro bito n’ibinini. Zize gutanga ‘disk’ aho zagombaga guhabwa ibiryo byinshi aho kuziha bike bihenze.

Nanone zatangiye kuzajya zibana ‘disk’ ku buryo imwe yacungaga indi isinziriye ikayiyiba.

Inkende imwe yakoze agashya yiba ‘disk’ nyinshi maze ijya kuzihisha. Izindi nkende zarabyutse zibura ‘disk’ zazo zirasara ziteza akavuyo ku buryo abashakashatsi bazanye ibyo kurya n’izindi ‘disk’ kugira ngo zituze.

Banafashe akuma k’urusimbi bagashyira aho inkende zabaga bazereka ko nizishyiramo ‘disk’ zimeze nk’amafaranga zigira amahirwe yo gutsindira nyinshi. Mu minsi mike, inkende nyinshi zari zimaze kubatwa n’urusimbi.

Nanone nyuma yaho babonye inkende y’ingabo n’iyingore ziri kuryamana maze zimaze kubikora ingabo iha ingore aka ‘disk’ na yo iragenda iragatanga kugira ngo ibone ibyo kurya. Ibyo hari ahandi hantu ubizi ra?

Iyi ntabwo ari yo nshuro yonyine inyamaswa zagaragaje imico abantu bakwita uburaya.

Ubushakashatsi bwiswe “Payment for Sex in a Macaque Mating Market” bwo mu wa 2008, bwerekanye ko inkende za ‘macaques’ z’ingabo na zo ziha ibyo kurya inkende z’ingore kugira ngo zemere ko ziryamana.

Inguge z’ingabo na zo ziha inyama iz’ingore kugira ngo ziryamane kandi iyo inyama ari nke ingore zihitamo kuryamana n’ingabo zifite inyama nyinshi kurusha izindi.

Uretse inkende, inyamaswa zo mu butayu bw’urubura zitwa penguins zikunze kuba mu matsinda, na zo zagaragaye ziryamana n’izindi zitari izo mu matsinda yazo kugira ngo zizihe utubuye twiza two kubaka ibyari.

Ubwo bushakashatsi bwose, bwagaragaje ko inyamaswa zifite imico myinshi imeze nk’iyabantu kuruta uko tubitekereza.

Previous Post

Umwe yafashwe ari gusiga amazirantoki ku nzu y’abandi: Abagore babiri bakekwaho kuroga bagenzi babo batawe muri yombi

Next Post

Ruhango: Umugabo yishe umugore we amukubise umuhini mu mutwe

OMEGA BOY

OMEGA BOY

Related Posts

Nyanza: Umugore yapfiriye ku cyapa cya Bisi
Amakuru

Nyanza: Umugore yapfiriye ku cyapa cya Bisi

by OMEGA BOY
June 13, 2026
Amashusho y’umugore uri gukubita umugabo inshyi z’amatwi yarikoroje ku mbuga nkoranyambaga [Video]
Amakuru

Amashusho y’umugore uri gukubita umugabo inshyi z’amatwi yarikoroje ku mbuga nkoranyambaga [Video]

by OMEGA BOY
June 13, 2026
Abajura bibye ibikoresho byose by’ikipe y’u Bwongereza
Amakuru

Abajura bibye ibikoresho byose by’ikipe y’u Bwongereza

by OMEGA BOY
June 13, 2026
Indege ya Papa Leo yagize ikibazo bituma atira iy’Umwami wa Espagne
Amakuru

Indege ya Papa Leo yagize ikibazo bituma atira iy’Umwami wa Espagne

by OMEGA BOY
June 13, 2026
Iran yemeje ko Amerika nishaka intambara nabo bazayirwana
Amakuru

Iran yemeje ko Amerika nishaka intambara nabo bazayirwana

by OMEGA BOY
June 13, 2026
Next Post
Ruhango: Ibisambo bibiri byagiye kwiba ihene kimwe kihasiga ubuzima

Ruhango: Umugabo yishe umugore we amukubise umuhini mu mutwe

Please login to join discussion

Recommended

RURA yategetse ibigo byose guhuza serivisi y’akanyenyeri mu rwego rwo korohereza abakiliya

RURA yategetse ibigo byose guhuza serivisi y’akanyenyeri mu rwego rwo korohereza abakiliya

January 15, 2026
Davido yashimiye Madamu Jeannette Kagame witabiriye igitaramo cye

Davido yashimiye Madamu Jeannette Kagame witabiriye igitaramo cye

December 6, 2025

Categories

  • AKAZI
  • Amakuru
  • Amatangazo
  • Business
  • Entertainment
  • Imikino
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • Siporo
  • Uburezi
  • Uncategorized
  • UTUNTU N'UTUNDI

Don't miss it

Nyanza: Umugore yapfiriye ku cyapa cya Bisi
Amakuru

Nyanza: Umugore yapfiriye ku cyapa cya Bisi

June 13, 2026
Amashusho y’umugore uri gukubita umugabo inshyi z’amatwi yarikoroje ku mbuga nkoranyambaga [Video]
Amakuru

Amashusho y’umugore uri gukubita umugabo inshyi z’amatwi yarikoroje ku mbuga nkoranyambaga [Video]

June 13, 2026
Abajura bibye ibikoresho byose by’ikipe y’u Bwongereza
Amakuru

Abajura bibye ibikoresho byose by’ikipe y’u Bwongereza

June 13, 2026
Itangazo ry’akazi rireba buri muntu wese wifuza kwinjira muri DASSO mu mujyi wa Kigali – Deadline 21/06/2026
Amatangazo

Itangazo ry’akazi rireba buri muntu wese wifuza kwinjira muri DASSO mu mujyi wa Kigali – Deadline 21/06/2026

June 13, 2026
Indege ya Papa Leo yagize ikibazo bituma atira iy’Umwami wa Espagne
Amakuru

Indege ya Papa Leo yagize ikibazo bituma atira iy’Umwami wa Espagne

June 13, 2026
Itsinda rya Vestine na Dorcas ryatandukanye na M Irene wari umujyanama waryo
IMYIDAGADURO

Itsinda rya Vestine na Dorcas ryatandukanye na M Irene wari umujyanama waryo

June 13, 2026

Categories

  • AKAZI
  • Amakuru
  • Amatangazo
  • Business
  • Entertainment
  • Imikino
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • Siporo
  • Uburezi
  • Uncategorized
  • UTUNTU N'UTUNDI

Recent News

Nyanza: Umugore yapfiriye ku cyapa cya Bisi

Nyanza: Umugore yapfiriye ku cyapa cya Bisi

June 13, 2026
Amashusho y’umugore uri gukubita umugabo inshyi z’amatwi yarikoroje ku mbuga nkoranyambaga [Video]

Amashusho y’umugore uri gukubita umugabo inshyi z’amatwi yarikoroje ku mbuga nkoranyambaga [Video]

June 13, 2026

© 2025 IGIKA TV | All Right Reserved

No Result
View All Result
  • Amakuru
  • Siporo
  • Uburezi
  • Imikino
  • AKAZI
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 IGIKA TV | All Right Reserved

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password? Sign Up

Create New Account!

Fill the forms below to register

All fields are required. Log In

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In