Umubyeyi yaryohewe cyane na Shampiyona y’Isi y’Amagare ya 2025 yabereye i Kigali mu mpera za Nzeri uyu mwaka, birangira yise umwana we ‘UCI’ bisobanuye “Union Cycliste Internationale” [Impuzamashyirahamwe y’Umukino w’Amagare ku Isi].
Kuva tariki ya 21 kugeza tariki ya 28 Nzeri 2025 i Kigali haberaga shampiyona y’Isi y’Amagare yegukanywe na Tadej Pogačar aho u Rwanda rwanditse amateka yo kuba igihugu cya mbere cyo ku mugabane wa Afurika cyakiriye iri siganwa.
Ntawe ushidikanya ko iri siganwa ryaryoheye Abanyarwanda dore ko ku mihanda wasangaga abafana ari benshi cyane. Ku munsi wa nyuma imibare yerekanye ko abarenga Miliyoni imwe hari ku mihanda.
Uru rukundo ni rwo rwatumye umubyeyi ahitamo kwita umwana we Ange Noella gusa yongeraho UCI, amazina ye yose akaba ari Ange UCI Noella. Ubundi UCI mu magambo arambuye ni ‘Union Cycliste Internationale’ aho mu Kinyarwanda bivuze impuzamashyirahamwe y’Umukino w’Amagare ku Isi. Iyi ni nayo itegura shampiyona y’Isi y’Amagare.
Uyu mwana w’umukobwa wiswe UCI yavutse tariki ya 27 Nzeri 2025 ubwo hakinwaga umunsi wa 8 wa shampiyona y’Isi y’Amagare ya 2025. Yavukiye muri Kacyiru mu Karere ka Gasabo mu Mujyi wa Kigali.



![Amashusho y’umugore uri gukubita umugabo inshyi z’amatwi yarikoroje ku mbuga nkoranyambaga [Video]](https://igikatv.com/wp-content/uploads/2026/06/IMG-20260613-WA0008-360x180.jpg)







![Amashusho y’umugore uri gukubita umugabo inshyi z’amatwi yarikoroje ku mbuga nkoranyambaga [Video]](https://igikatv.com/wp-content/uploads/2026/06/IMG-20260613-WA0008-120x86.jpg)



