Umuvugizi w’Umujyi wa Kigali, Ntirenganya Emma Claudine yatangaje ko abavuga ko abakora akazi ko gusukura imihanda y’umujyi badahabwa ibikoresho bihagije kandi bagahembwa make ari ibinyoma.
Ntirenganya yavuze ko kuva mu 2025 imirimo yo gukubura mu mihanda minini y’Umujyi wa Kigali yahariwe amakoperative y’urubyiruko, bituma isuku irushaho kwitabwaho kandi izo koperative zatumye imibereho y’abakozi irushaho kuba myiza.
Ati “Abakozi bose bahemberwa igihe. Ibibazo iyo bibayeho birakemurwa. Kuva izi koperative zashingwa imishahara yiyongereyeho 40%, bitewe n’imikorere myiza no gukoresha neza amafaranga.”
Yasobanuye ko mu mikorere mishya yavuguruwe, ibikoresho bidahenze nk’umukubuzo ari abakozi babyigurira ari na byo byatumye amafaranga akoreshwa mu kazi agabanyuka, imishahara ikiyongeraho 40%.
Ntirenganya yavuze ko igiciro cy’umukubuzo kitageze kuri 2% by’umushahara umukozi ahembwa.
Ati “Abakozi bose bahemberwa kuri banki, bituma bishyurirwa imisanzu y’ubwiteganyirize muri RSSB.”
Abakozi bo mu turere ka Kicukiro bizigamira muri gahunda yiswe ingoboka ibafasha mu bikorwa bitandukanye bijyanye n’imibereho yabo ndetse bakanayifashisha mu kwishyura ubwisungane mu kwivuza.
Ntirenganya kandi yavuze ko iyi koperative iherutse gushinga iduka rifasha abakozi baryo kubona ibicuruzwa ku giciro gito kandi bakishyura mu byiciro.
Umujyi wa Kigali wahamije ko kopereative zikora imirimo y’isuku zikorera ku masezerano kugira ngo abakozi bahabwe uburenganzira bwabo, bagire ubuzima bwiza n’imikorere myiza.
Ntirenganya yavuze ko Umujyi wa Kigali uzakomeza gushimangira ko imikorere myiza no gukemura ibibazo byavuka binyuze mu nzira zabugenewe.
Yashimangiye ku u Rwanda ruha agaciro abakozi bose bagira uruhare mu iterambere ry’igihugu harimo n’abakubura ku mihanda.














