• Amakuru
  • Siporo
  • Uburezi
  • Imikino
  • AKAZI
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI
No Result
View All Result
IGIKA TV
  • Amakuru
  • Siporo
  • Uburezi
  • Imikino
  • AKAZI
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI
No Result
View All Result
IGIKA TV
No Result
View All Result

Kamonyi:Umusore w’imyaka 21 arakekwaho kwica nyina umubyara

ISHIMWE MOISE by ISHIMWE MOISE
February 8, 2026
in Amakuru
475 5
0
Kamonyi:Umusore w’imyaka 21 arakekwaho kwica nyina umubyara
664
SHARES
Share on FacebookShare on Twitter

Mu Karere ka Kamonyi, Umurenge wa Runda, Akagari ka Kagina, haravugwa inkuru ibabaje y’umugore w’imyaka 63 witwa Mujawayezu Perajia, bikekwa ko yishwe n’umuhungu we w’imyaka 21.

Amakuru avuga ko iby’uru rupfu byamenyekanye mu gitondo, ubwo umugabo wari ufitanye gahunda na nyakwigendera yo kugura ibiti yamusangaga iwe. Uwo mugabo agezeyo, agsanga inzu ifunze, agakomanga ariko akabura umufungurira. Nyuma yo kubura umwitaba, yahisemo gusunika urugi arinjira.

You might also like

Nyanza: Umugore yapfiriye ku cyapa cya Bisi

Amashusho y’umugore uri gukubita umugabo inshyi z’amatwi yarikoroje ku mbuga nkoranyambaga [Video]

Abajura bibye ibikoresho byose by’ikipe y’u Bwongereza

Akimara kwinjira mu nzu, yasanze nyakwigendera aryamye yiyoroshe igitenge, aramuhamagara ariko ntiyitaba. Yaje gukuraho igitenge, asanga aryamye mu maraso bituma bikekwa ko yaba yishwe.

Uwo mugabo yahise atabaza abaturage bari hafi aho, bagera mu rugo basanga nyakwigendera yamaze kwitaba Imana.
Ku ikubitiro, hakekwa umuhungu wa nyakwigendera w’imyaka 21, kuko ari we babanaga mu rugo. Nyuma y’aho nyakwigendera apfiriye, basanze yari anafungiranye mu nzu, mu gihe uwo muhungu ntawari ahari, bikekwa ko yaba yahise atoroka.

Bamwe mu baturage bavuga ko uwo musore yakunze kugaragazaga imyitwarire idasanzwe, bavuga ko ashobora kuba yari afite ikibazo cyo mu mutwe. Hari n’abavuga ko yakundaga gutwara moto, ariko akanga gukora indi mirimo, agashaka gutungwa n’ababyeyi, ibintu byakundaga guteza amakimbirane hagati ye na nyina.

Abaturage bavuga ko hari n’igihe nyina yamuhaga ibiryo akabyanga, akavuga ko birimo amashereka, mu gihe iyo yabihabwaga n’abandi yabiryaga, bikomeza gutuma ashyirwa mu bakekwa.

Hari kandi abavuga ko bitewe n’imyitwarire bari bamuziho, ashobora kuba atarabikoze wenyine, ahubwo yaba yafashijwe n’abandi, nubwo ibyo bitaremezwa.

Abaturage basaba ko uwaba yakoze iki cyaha yashakishwa agafatwa, agashyikirizwa ubutabera kugira ngo nyakwigendera abone ubutabera.

Umwe mu bana ba nyakwigendera witwa Niyomubyeyi Alphonsine yavuze ko atari ahari ubwo ibi byabaga, yari yagiye kuvuza umwana. Yagize ati: “Mu gitondo cya kare, murumuna wanjye yampamagaye ambwira ko mama yapfuye. Namubajije icyamwishe, ambwira ko atabizi, amubaza niba musaza wanjye yari ahari ambwira ko adahari, mpita ntega njya kureba ibyabaye.”

Yakomeje avuga ko Maniraguha Chadrack, ucyekwaho icyaha, yari umwana w’umuhererezi nyina yakundaga cyane, ndetse ko yamusabaga kujya kumuvuza mu gihe yaba afite ikibazo cyo mu mutwe, ariko nyina akavuga ko Imana izamukiza.
Yagize ati: “Iyo wamurebaga wavugaga ko hari ibyo avuga bidafite aho bihuriye n’ibiriho. Nyina yamuhaga ibiryo akabyanga, ariko mushiki we yabimuha akabirya.”

Umwe mu baturage yagize ati: “Uyu mukecuru yari umuntu utuje, ukunda gukora. Twababajwe no kumva inkuru y’urupfu rwe. Umuhungu babanaga na we ntiyakundaga kuboneka , hari n’igihe twamubonaga yipfutse mu maso ku manywa yambaye ibipira .”

Undi muturage witwa Muzatsinda Anathase, wari wagiye kureba nyakwigendera, yavuze ko yahageze agahamagara ntiyitabwe, aza gusanga aryamye mu nzu, agerageza kumukangura amukozeho yumva yagagaye, yumva yapfuye, akuraho icyo yari yiyoroshe abona amaraso.

Umuyobozi w’Akagari ka Kagina, Ndayisaba Egide, yemeje aya makuru, ariko avuga ko iperereza rikiri gukorwa n’inzego zibishinzwe, bityo ko hataramenyekana neza uwaba yabigizemo uruhare.

Umuryango wa nyakwigendera uvuga ko wifuza ko hakorwa iperereza ryimbitse kugira ngo hamenyekane ukuri ku rupfu rwe.

Previous Post

Nyamasheke: Umunyeshuri arashakishwa n’inzego z’umutekano akekwaho gusambanyiriza mugenzi we w’imyaka 12 mu rubingo

Next Post

Musanze: Umusore w’imyaka 20 bamutegeye inzoga ziramuhitana

ISHIMWE MOISE

ISHIMWE MOISE

Related Posts

Nyanza: Umugore yapfiriye ku cyapa cya Bisi
Amakuru

Nyanza: Umugore yapfiriye ku cyapa cya Bisi

by OMEGA BOY
June 13, 2026
Amashusho y’umugore uri gukubita umugabo inshyi z’amatwi yarikoroje ku mbuga nkoranyambaga [Video]
Amakuru

Amashusho y’umugore uri gukubita umugabo inshyi z’amatwi yarikoroje ku mbuga nkoranyambaga [Video]

by OMEGA BOY
June 13, 2026
Abajura bibye ibikoresho byose by’ikipe y’u Bwongereza
Amakuru

Abajura bibye ibikoresho byose by’ikipe y’u Bwongereza

by OMEGA BOY
June 13, 2026
Indege ya Papa Leo yagize ikibazo bituma atira iy’Umwami wa Espagne
Amakuru

Indege ya Papa Leo yagize ikibazo bituma atira iy’Umwami wa Espagne

by OMEGA BOY
June 13, 2026
Iran yemeje ko Amerika nishaka intambara nabo bazayirwana
Amakuru

Iran yemeje ko Amerika nishaka intambara nabo bazayirwana

by OMEGA BOY
June 13, 2026
Next Post
Musanze: Umusore bamuriganyije amafaranga 1,500 Frw ahita yiyahura

Musanze: Umusore w'imyaka 20 bamutegeye inzoga ziramuhitana

Please login to join discussion

Recommended

Rayon Sports yahagaritse umutoza warumaze iminsi 137 ahawe akazi

Rayon Sports yahagaritse umutoza warumaze iminsi 137 ahawe akazi

October 13, 2025
Nyabihu: RIB iri gukurikirana Umuyobozi ushinzwe imirimo rusange akekwaho kwigwizaho imitungo mu buryo bunyuranyije n’amategeko

Nyabihu: Umugabo arakekwaho kwica umugore we amukase ijosi agahita atoroka

May 8, 2026

Categories

  • AKAZI
  • Amakuru
  • Amatangazo
  • Business
  • Entertainment
  • Imikino
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • Siporo
  • Uburezi
  • Uncategorized
  • UTUNTU N'UTUNDI

Don't miss it

Nyanza: Umugore yapfiriye ku cyapa cya Bisi
Amakuru

Nyanza: Umugore yapfiriye ku cyapa cya Bisi

June 13, 2026
Amashusho y’umugore uri gukubita umugabo inshyi z’amatwi yarikoroje ku mbuga nkoranyambaga [Video]
Amakuru

Amashusho y’umugore uri gukubita umugabo inshyi z’amatwi yarikoroje ku mbuga nkoranyambaga [Video]

June 13, 2026
Abajura bibye ibikoresho byose by’ikipe y’u Bwongereza
Amakuru

Abajura bibye ibikoresho byose by’ikipe y’u Bwongereza

June 13, 2026
Itangazo ry’akazi rireba buri muntu wese wifuza kwinjira muri DASSO mu mujyi wa Kigali – Deadline 21/06/2026
Amatangazo

Itangazo ry’akazi rireba buri muntu wese wifuza kwinjira muri DASSO mu mujyi wa Kigali – Deadline 21/06/2026

June 13, 2026
Indege ya Papa Leo yagize ikibazo bituma atira iy’Umwami wa Espagne
Amakuru

Indege ya Papa Leo yagize ikibazo bituma atira iy’Umwami wa Espagne

June 13, 2026
Itsinda rya Vestine na Dorcas ryatandukanye na M Irene wari umujyanama waryo
IMYIDAGADURO

Itsinda rya Vestine na Dorcas ryatandukanye na M Irene wari umujyanama waryo

June 13, 2026

Categories

  • AKAZI
  • Amakuru
  • Amatangazo
  • Business
  • Entertainment
  • Imikino
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • Siporo
  • Uburezi
  • Uncategorized
  • UTUNTU N'UTUNDI

Recent News

Nyanza: Umugore yapfiriye ku cyapa cya Bisi

Nyanza: Umugore yapfiriye ku cyapa cya Bisi

June 13, 2026
Amashusho y’umugore uri gukubita umugabo inshyi z’amatwi yarikoroje ku mbuga nkoranyambaga [Video]

Amashusho y’umugore uri gukubita umugabo inshyi z’amatwi yarikoroje ku mbuga nkoranyambaga [Video]

June 13, 2026

© 2025 IGIKA TV | All Right Reserved

No Result
View All Result
  • Amakuru
  • Siporo
  • Uburezi
  • Imikino
  • AKAZI
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 IGIKA TV | All Right Reserved

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password? Sign Up

Create New Account!

Fill the forms below to register

All fields are required. Log In

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In