Kilmar Garcia Abrego winjiye muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika mu buryo bunyuranyije n’amategeko azoherezwa muri Eswatini aho kuba muri Uganda nk’uko byari biteganyijwe.
Amakuru yashyizwe hanze na Fox News avuga ko ubuyobozi bwa Amerika bwoherereje ibaruwa uyu mugabo ukomoka muri El Salvador, bumubwira ko “nk’uko ubizi Amerika ishaka ko uva ku butaka bwayo hagendewe ku mwanzuro wa nyuma wafashwe. Kugeza ubu biteganyijwe ko ugomba koherezwa muri Uganda, ariko umunyamategeko wawe yatubwiye ko ufite ubwoba bwo gukorerwa iyicarubozo muri Uganda.”
Iyi baruwa ikomeza ivuga ko izi mpungenge za Garcia Abrego zifite ishingiro.
Iti “Izo mpungenge zirakomeye ku buryo zikwiriye guhabwa agaciro cyane ko binyuze ku munyamategeko wawe wavuze ko ufite impungenge z’uko hari ibihugu 22 ushobora gukorerwamo iyicarubozo. Twashakaga kukumenyesha ko igihugu gishya uzoherezwamo ari Eswatini muri Afurika.”
Eswatini ni kimwe mu bihugu byo muri Afurika byemeye kwakira abimukira binjiye muri Amerika mu buryo bunyuranyije n’amategeko. Bivugwa ko yahawe miliyoni 500$ kugira ngo yinjire muri iyi mikoranire.
Garcia Abrego amaze igihe ashaka ubuhungiro muri Amerika kuko ashinjwa n’ubuyobozi bwa El Salvador kuba yari umwe mu bagize umutwe w’abagizi ba nabi banacuruza ibiyobyabwenge uzwi nka MS-13.
Kuva Nayib Bukele yajya ku butegetsi muri El Salvador yatangiye guhigisha uruhindu abari bagize imitwe nk’iyi bose, bamwe barafungwa abandi bahungira mu bihugu by’amahanga.


![Amashusho y’umugore uri gukubita umugabo inshyi z’amatwi yarikoroje ku mbuga nkoranyambaga [Video]](https://igikatv.com/wp-content/uploads/2026/06/IMG-20260613-WA0008-360x180.jpg)







![Amashusho y’umugore uri gukubita umugabo inshyi z’amatwi yarikoroje ku mbuga nkoranyambaga [Video]](https://igikatv.com/wp-content/uploads/2026/06/IMG-20260613-WA0008-120x86.jpg)



