• Amakuru
  • Siporo
  • Uburezi
  • Imikino
  • AKAZI
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI
No Result
View All Result
IGIKA TV
  • Amakuru
  • Siporo
  • Uburezi
  • Imikino
  • AKAZI
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI
No Result
View All Result
IGIKA TV
No Result
View All Result

Nyamasheke: Umugabo w’imyaka 39 yahanutse ku kiraro ahita apfa

OMEGA BOY by OMEGA BOY
September 8, 2025
in Amakuru
425 4
0
Nyamasheke: Umugabo w’imyaka 39 yahanutse ku kiraro ahita apfa
594
SHARES
Share on FacebookShare on Twitter

Ntirenganya Théogène w’imyaka 39 wo Mudugudu wa Rugarama, Akagari ka Gatare, Umurenge wa Macuba, Akarere ka Nyamasheke, yahitanywe n’ikiraro cyasenyutse mu gihe abaturage bamaze igihe batakira Akarere ko icyo Kiraro kibateje inkeke.

Ni ikiraro kiri hejuru y’akagezi kitwa Mutovu, kigabanya Umurenge wa Macuba n’uwa Kirimbi cyari kuri metero 100 gusa uvuye mu rugo rw’uyu muturage cyahitanye.

You might also like

Nyanza: Umugore yapfiriye ku cyapa cya Bisi

Amashusho y’umugore uri gukubita umugabo inshyi z’amatwi yarikoroje ku mbuga nkoranyambaga [Video]

Abajura bibye ibikoresho byose by’ikipe y’u Bwongereza

Bamwe mu baturage bo mu Mudugudu wa Rugarama, bavuga ko uyu mugabo yatashye ava mu kabari yari yagoroberejemo gaherereye mu Kagari ka Kimpindu, Umurenge wa Kirimbi ku mugoroba wo ku wa 6 Nzeri 2025, hakaba hatari kure cyane y’urugo rwe.

Umwe muri aba baturage yaguze ati: “Nta wamenye amasaha yatahiye kuko yatashye wenyine ariko hari nijoro. Ntitwanamenya niba yari yasinze. Mugitondo cyo ku Cyumweru, tariki ya 7 Nzeri 2025, abana bogaga muri ako Kagezi babonye umugabo akaryamyemo atanyeganyega, bamwegereye babona baramuzi.”

Yakomeje agira ati: “Kuko munsi y’iki kiraro ari mu bitare by’amabuye, basanze yabikubisemo umutwe n’agatuza, yabihagamyemo, yakomeretse ibyo bice, yapfuye, baradutabaza turaza dusanga koko ari we yapfuye. Yari hafi kugera iwe kuko ako kagezi kari kuri metero 100 gusa uva iwe.”

Mugenzi we na we ati: “Twaketse ko yahanutse kuri icyo kiraro akagwa muri ibyo bitare by’amabuye akabihagamamo, akabura gitabara bikamuhitana. Hari n’abakeka ko yaba yishwe akajugunywamo.”

Bivugwa ko iki kiraro atari ubwa mbere kigushije abantu, amahirwe akaba ko mbere abenshi bagwagamo kumanywa bahabona bagakomereka ntibapfe, ariko kubera ko ari harehare kandi ari habi cyane, n’impungenge z’uko cyazabahekura barazihorana.

Undi muturage wo muri aka kagari ka Gatare, ati: “Tumaze imyaka irenga itanu dutabaza Umurenge ngo udukorere ubuvugizi cyubakwe neza kuko cyangiritse bigaragara. N’ibyo twagerageje gukora nk’abaturage bikaba imfabusa. Nta kwezi kwari gushize ababishinzwe ku Karere baje kukireba. Bararebye tubona barafotoye baranapimye, ntibagira icyo batubwira baragenda, twari dutegereje ko gikorwa.”

Impungenge z’aba baturage zinashingiye ku kuba amazi y’akagezi icyo kiraro kinyura hejuru agenda yiyongera uko imvura irushaho kuwa ari nyinshi, ubu n’ibiti bageragezaga gushyiraho bikaba bitagikunda.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Macuba Munezero Ivan, avuga ko iby’urupfu rw’uyu muturage bikiri mu iperereza ry’Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB) n’isuzuma rya muganga byose bikaba bigitegerejwe ngo hamenyekane ukuri ku rupfu rwe.

Yagize ati: “Mbere na mbere turihanganisha umuryango wabuze uwabo. Kiriya kiraro yaguyeho gisanzwe kizwi ko kimeze nabi, kinyura hejuru y’akagezi ka Mutovu kagenda kaguka uko iminsi ishira, munsi yacyo ari mu bitare by’amabuye. Bishoboke ko yahageze,bigakubitana n’ijoro no kuba yanyoye, akakinyereraho agahanuka akagwa muri ibyo bitare agapfa.”

Yavuze ko nk’ubuyobozi bamenye ahagana saa tatu n’igice z’igitondo cyo ku Cyumweru tariki ya 7 Nzeri 2025, atanzwe n’abo bana bogaga, nubwo hagikorwa iperereza.

Yahamije ko Umurenge ugiye gukora ubuvugizi bwihuse iki kiraro kikubakwa kitarahitana benshi, ati: “Ubuyobozi bubishinzwe ku karere bwari buherutse kugisura, nta n’ukwezi kwari gushize buhavuye, bwirebera imiterere yacyo bunakurikije impungenge z’abaturage. Icyo tugiye gukora ni ubuvugizi ngo ikorwa ryacyo ryihutishwe, twirinda ko hazongera kugira undi gihitana kuko kiduhuza n’Umurenge wa Kirimbi kandi gikoreshwa cyane.”

Yavuze ko igihe bagitegereje ibiva ku karere kabo, bagiye kureba uburyo ku bufatanye n’abaturage hakorwa Umuganda wo gusanasana ibishoboka mu bushobozi bwabo.

Icyakora abaturage bavuga ko bakeneye igisubizo kirambye cyaturuka mu kugikora neza kuko ngo iby’isanasana bibavunira ubusa.

Previous Post

Amerika yafashe undi mwanzuro ku mwimukira yari yohereje muri Uganda akabyanga

Next Post

Karongi: Abagabo babiri bishe umusore wabishyuzaga ibiceri 400 Frw

OMEGA BOY

OMEGA BOY

Related Posts

Nyanza: Umugore yapfiriye ku cyapa cya Bisi
Amakuru

Nyanza: Umugore yapfiriye ku cyapa cya Bisi

by OMEGA BOY
June 13, 2026
Amashusho y’umugore uri gukubita umugabo inshyi z’amatwi yarikoroje ku mbuga nkoranyambaga [Video]
Amakuru

Amashusho y’umugore uri gukubita umugabo inshyi z’amatwi yarikoroje ku mbuga nkoranyambaga [Video]

by OMEGA BOY
June 13, 2026
Abajura bibye ibikoresho byose by’ikipe y’u Bwongereza
Amakuru

Abajura bibye ibikoresho byose by’ikipe y’u Bwongereza

by OMEGA BOY
June 13, 2026
Indege ya Papa Leo yagize ikibazo bituma atira iy’Umwami wa Espagne
Amakuru

Indege ya Papa Leo yagize ikibazo bituma atira iy’Umwami wa Espagne

by OMEGA BOY
June 13, 2026
Iran yemeje ko Amerika nishaka intambara nabo bazayirwana
Amakuru

Iran yemeje ko Amerika nishaka intambara nabo bazayirwana

by OMEGA BOY
June 13, 2026
Next Post
Karongi: Abagabo babiri bishe umusore wabishyuzaga ibiceri 400 Frw

Karongi: Abagabo babiri bishe umusore wabishyuzaga ibiceri 400 Frw

Please login to join discussion

Recommended

Gisagara: Umusaza yibye ibijumba bamufashe ariruka asimbuka umukingo bimuviramo urupfu

Gisagara: Umusaza yibye ibijumba bamufashe ariruka asimbuka umukingo bimuviramo urupfu

August 30, 2025
RIB iri mu myiteguro yo gushinga ikipe y’umupira w’amaguru

RIB iri mu myiteguro yo gushinga ikipe y’umupira w’amaguru

August 20, 2025

Categories

  • AKAZI
  • Amakuru
  • Amatangazo
  • Business
  • Entertainment
  • Imikino
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • Siporo
  • Uburezi
  • Uncategorized
  • UTUNTU N'UTUNDI

Don't miss it

Nyanza: Umugore yapfiriye ku cyapa cya Bisi
Amakuru

Nyanza: Umugore yapfiriye ku cyapa cya Bisi

June 13, 2026
Amashusho y’umugore uri gukubita umugabo inshyi z’amatwi yarikoroje ku mbuga nkoranyambaga [Video]
Amakuru

Amashusho y’umugore uri gukubita umugabo inshyi z’amatwi yarikoroje ku mbuga nkoranyambaga [Video]

June 13, 2026
Abajura bibye ibikoresho byose by’ikipe y’u Bwongereza
Amakuru

Abajura bibye ibikoresho byose by’ikipe y’u Bwongereza

June 13, 2026
Itangazo ry’akazi rireba buri muntu wese wifuza kwinjira muri DASSO mu mujyi wa Kigali – Deadline 21/06/2026
Amatangazo

Itangazo ry’akazi rireba buri muntu wese wifuza kwinjira muri DASSO mu mujyi wa Kigali – Deadline 21/06/2026

June 13, 2026
Indege ya Papa Leo yagize ikibazo bituma atira iy’Umwami wa Espagne
Amakuru

Indege ya Papa Leo yagize ikibazo bituma atira iy’Umwami wa Espagne

June 13, 2026
Itsinda rya Vestine na Dorcas ryatandukanye na M Irene wari umujyanama waryo
IMYIDAGADURO

Itsinda rya Vestine na Dorcas ryatandukanye na M Irene wari umujyanama waryo

June 13, 2026

Categories

  • AKAZI
  • Amakuru
  • Amatangazo
  • Business
  • Entertainment
  • Imikino
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • Siporo
  • Uburezi
  • Uncategorized
  • UTUNTU N'UTUNDI

Recent News

Nyanza: Umugore yapfiriye ku cyapa cya Bisi

Nyanza: Umugore yapfiriye ku cyapa cya Bisi

June 13, 2026
Amashusho y’umugore uri gukubita umugabo inshyi z’amatwi yarikoroje ku mbuga nkoranyambaga [Video]

Amashusho y’umugore uri gukubita umugabo inshyi z’amatwi yarikoroje ku mbuga nkoranyambaga [Video]

June 13, 2026

© 2025 IGIKA TV | All Right Reserved

No Result
View All Result
  • Amakuru
  • Siporo
  • Uburezi
  • Imikino
  • AKAZI
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 IGIKA TV | All Right Reserved

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password? Sign Up

Create New Account!

Fill the forms below to register

All fields are required. Log In

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In