• Amakuru
  • Siporo
  • Uburezi
  • Imikino
  • AKAZI
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI
No Result
View All Result
IGIKA TV
  • Amakuru
  • Siporo
  • Uburezi
  • Imikino
  • AKAZI
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI
No Result
View All Result
IGIKA TV
No Result
View All Result

Karongi: Umukobwa w’imyaka 21 yakuriyemo inda mu bwiherero bwo Kwa muganga, umwana amujugunya mu ndobo

OMEGA BOY by OMEGA BOY
October 19, 2025
in Uncategorized
462 35
1
Karongi: Abagabo babiri bishe umusore wabishyuzaga ibiceri 400 Frw
688
SHARES
Share on FacebookShare on Twitter

Tuyubahe Emerance w’imyaka 21 afungiye kuri Sitasiyo y’Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB) ya Bwishyura mu Karere ka Karongi, akurikiranyweho gukuriramo inda mu bwiherero bw’Ikigo Nderabuzima cya Kibuye, uruhinja agahita arujugunya mu ndobo ishyirwamo amazi akoreshwa muri ubwo bwiherero.

Umuyobozi w’Ikigo Nderabuzima cya Kibuye Muhire Jean de Dieu, yavuze ko uyu mukobwa ukomoka mu Mudugudu wa Bupfune, Akagari ka Nyarusazi, Umurenge wa Bwishyura, Akarere ka Karongi, yakiriwe mu gitondo avuga ko yumva aribwa cyane mu nda.

You might also like

Rutsiro: Umugabo yahanutse ku rutare ahita yitaba Imana

RDC: Umunyamakuru wavuze ko Yampano ari Umuyobozi ukomeye muri muri AFC/M23 yahawe inkwenene

Umuyobozi w’urwego rushinzwe kurwanya iterabwoba muri Amerika yeguye ku nshingano, avuga ko adashyigikiye ibitero bigabwa kuri Iran

Uwamusuzumye yamubajije niba atwite arabihakana, cyane ko yari yarabihishe na nyina umubyara, amutuma ibizamini bitandukanye, birimo n’ibisabwa abatwite, ngo harebwe icyo arwaye.

Ageze mu bwiherero Tuyubahe yakuyemo inda, rwa ruhinja arujugunya mu ndobo, arasohoka ashaka gucika ahita afatwa agarurwa mu Kigo Nderabuzima. Ubuyobozi bw’Ikigo Nderabuzima bwahise bwitabaza abakozi ba RIB, ahita atabwa muri yombi.

Muhire Jean de Dieu, yagize ati: “Amakuru yatanzwe n’abaturage bari baje kwivuza bamubonye asohoka mu bwiherero afite amaraso menshi ku myenda yari yambaye, aca munsi yabwo ashaka gucika, baramukurikira baramufata, baraduhamagara, tumujyana mu cyumba dusanga ni inda yakuyemo.”

Yongeyeho ati: “Tunageze mu bwiherero yari avuyemo, turebye muri iyo ndobo y’amazi dusanga uruhinja rurimo rwapfuye, duhamagara RIB iraza nyuma yo kugenzura neza iramujyana.”

Muhire avuga ko uruhinja rwakuwe muri iyi ndobo rukajyanwa mu Bitaro bya Kibuye mbere yo gushyingurwa.

Mukangango Séraphine, umubyeyi w’uyu mukobwa, yavuze ko umukoba we yari yaramuhishe ko atwite nubwo atari yo nda ya mbere yari agiye kubyara kuko umwana we w’imfura yabyariye iwabo afite imyaka itatu.

Uyu mubyeyi yahishuye ko bishoboka ko iyo nda yanze kumubwira ko atwite yari ifite amezi arindwi kuko umwana yari amaze gufatika.

Ati: “Ni uwa kabiri yari abyaye. Inda yayikuriyemo ku Kigo Nderabuzima cya Kibuye, nari namuherekejeyo ambwira ko aribwa mu nda, iby’uko atwite yari yabimpishe.”

Yakomeje avuga ko uyu mukobwa ari umwana we wa kabiri yabyaranye na se wapfuye akabamusigira ari babiri. Uwo mukobwa yataye ishuri yiga mu mwaka wa kabiri w’ayisumbuye kandi yararihirwaga na Leta.

Nyuma yo kureka ishuri, umubyeyi we avuga ko yagiye gukora akazi ko mu rugo mu Mujyi wa Kigali ari na ho yatwariye inda ya mbere amazeyo umwaka umwe gusa.

Umwana yagize amezi atandatu, Tuyubahe yamusigiye nyina asubira mu kazi ko mu rugo ariko nyina ntiyabyihanganira abimenyesha Polisi y’u Rwanda iramugarura arera umwana we.

Ati: “Umwana afite umwaka n’igice nonane yaramuntanye asubira i Kigali mu kazi ko mu rugo. Nongeye kumubona ubu mu ma saa yine n’igice z’ijoro angezeho avuga ngo araribwa cyane mu nda. Mubajije niba atwite arampananira, ni bwo namuzanaga aha ku Kigo Nderabuzima cya Kibuye, ntungurwa no kumva bambwira ngo afashwe amaze gukuramo inda.”

Avuga ko akeneye ko uyu mukobwa yigishwa n’inzego zamufashe kuko we yamunaniye ndetse akaba amwubahuka cyane amubwira ko na we yamaze gukura

Ati: “Ndizera ko ubwo yageze mu nzego z’umutekano zimunyigishiriza, ahari zo yazumvira.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Bwishyura Songa Nsengiyumva Rwandekwe, yabwiye Imvaho Nshya ko bikimara kuba, nta kindi cyari gukorwa uretse kumushyikiriza ubutabera, asaba abakobwa kwirinda kwihekura ahubwo bakemera ingaruka z’amahitamo yabo bakarera abo babyaye.

Yaneze kandi abakobwa babyarira iwabo ababyeyi babo batanishoboye bakabaterera impinja bagasubira mu burara, abasaba kubaho bafite intego aho kwishora mu mahitamo abaganisha ku byaha birimo no kwihekura.

Previous Post

Rwamagana: Umusore waruherutse kwica umukunzi we amuteraguye ibyuma yasanzwe muri Muhazi yapfuye

Next Post

Uwahoze ari umuyobozi w’ibitaro bya Qardho muri Somalia yafatiwe mu Rwanda

OMEGA BOY

OMEGA BOY

Related Posts

Rutsiro: Umugabo yahanutse ku rutare ahita yitaba Imana
Amakuru

Rutsiro: Umugabo yahanutse ku rutare ahita yitaba Imana

by CYIZA Theogene
April 16, 2026
RDC: Umunyamakuru wavuze ko Yampano ari Umuyobozi ukomeye muri muri AFC/M23 yahawe inkwenene
Uncategorized

RDC: Umunyamakuru wavuze ko Yampano ari Umuyobozi ukomeye muri muri AFC/M23 yahawe inkwenene

by OMEGA BOY
April 10, 2026
Umuyobozi w’urwego rushinzwe kurwanya iterabwoba muri Amerika yeguye ku nshingano, avuga ko adashyigikiye ibitero bigabwa kuri Iran
Uncategorized

Umuyobozi w’urwego rushinzwe kurwanya iterabwoba muri Amerika yeguye ku nshingano, avuga ko adashyigikiye ibitero bigabwa kuri Iran

by OMEGA BOY
March 18, 2026
Umuvugizi wa RCS yatangaje ko hari umugororwa wagerageje gutoroka aciye mu bwiherero afatwa n’abaturage
Uncategorized

Umuvugizi wa RCS yatangaje ko hari umugororwa wagerageje gutoroka aciye mu bwiherero afatwa n’abaturage

by OMEGA BOY
March 11, 2026
Rwamagana: Umwana w’imyaka 3 na Nyina basanzwe mu ishyamba bapfuye, bikekwa ko umugabo we ariwe wabishe
Uncategorized

Rwamgana: Umuyobozi w’Urwunge rw’Amashuri rwa APAGIE Musha yatawe muri yombi

by OMEGA BOY
February 23, 2026
Next Post
Uwahoze ari umuyobozi w’ibitaro bya Qardho muri Somalia yafatiwe mu Rwanda

Uwahoze ari umuyobozi w’ibitaro bya Qardho muri Somalia yafatiwe mu Rwanda

Please login to join discussion

Recommended

Journalist Jean Lambert Gatare passes away

Journalist Jean Lambert Gatare passes away

March 22, 2025
Ntibisanzwe! Muri Pariki ya Virunga hagaragaye inkende ya Nyamweru

Ntibisanzwe! Muri Pariki ya Virunga hagaragaye inkende ya Nyamweru

February 13, 2026

Categories

  • AKAZI
  • Amakuru
  • Amatangazo
  • Business
  • Entertainment
  • Imikino
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • Siporo
  • Uburezi
  • Uncategorized
  • UTUNTU N'UTUNDI

Don't miss it

Ibikubiye mu byemezo by’Inama y’Abaminisitiri yateranye ku wa 8 Kamena 2026
Amakuru

Ibikubiye mu byemezo by’Inama y’Abaminisitiri yateranye ku wa 8 Kamena 2026

June 9, 2026
Rwamagana: Abantu batatu barimo abakecuru babiri bafitanye isano bishwe na kanyanga
Amakuru

Rwamagana: Abantu batatu barimo abakecuru babiri bafitanye isano bishwe na kanyanga

June 8, 2026
Donald Trump yananiwe kwihanganira ibibazo yahatwaga n’umunyamakuru ahitamo kwivumbura ava mu kiganiro kitarangiye
Amakuru

Donald Trump yananiwe kwihanganira ibibazo yahatwaga n’umunyamakuru ahitamo kwivumbura ava mu kiganiro kitarangiye

June 8, 2026
Umuhanzi Kirikou Akili ararembye
IMYIDAGADURO

Umuhanzi Kirikou Akili ararembye

June 8, 2026
RwandAir yasubitse ingendo zijya n’iziva i Doha na Dubai
Amakuru

RwandAir yahagaritse gutwara abagenzi bava muri Sudani y’Epfo, Uganda na RDC bajya muri UAE kubera Ebola

June 7, 2026
Nyirabagande Drocelle wamamaye nka ‘Langwida’ mu ikinamico Urunana yitabye Imana
Amakuru

Nyirabagande Drocelle wamamaye nka ‘Langwida’ mu ikinamico Urunana yitabye Imana

June 7, 2026

Categories

  • AKAZI
  • Amakuru
  • Amatangazo
  • Business
  • Entertainment
  • Imikino
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • Siporo
  • Uburezi
  • Uncategorized
  • UTUNTU N'UTUNDI

Recent News

Ibikubiye mu byemezo by’Inama y’Abaminisitiri yateranye ku wa 8 Kamena 2026

Ibikubiye mu byemezo by’Inama y’Abaminisitiri yateranye ku wa 8 Kamena 2026

June 9, 2026
Rwamagana: Abantu batatu barimo abakecuru babiri bafitanye isano bishwe na kanyanga

Rwamagana: Abantu batatu barimo abakecuru babiri bafitanye isano bishwe na kanyanga

June 8, 2026

© 2025 IGIKA TV | All Right Reserved

No Result
View All Result
  • Amakuru
  • Siporo
  • Uburezi
  • Imikino
  • AKAZI
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 IGIKA TV | All Right Reserved

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password? Sign Up

Create New Account!

Fill the forms below to register

All fields are required. Log In

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In