Mu Murenge wa Karangazi, Akarere ka Nyagatare, haravugwa inkuru ikomeye yateje impagarara mu baturage nyuma y’uko hari umuturage ukekwaho kubagurishiriza inyama z’inka yari yaratawe kubera kugaragaza ibimenyetso by’indwara y’ibisazi.
Amakuru atangwa n’ubuyobozi agaragaza ko uwo muturage uzwi ku izina rya Twahirwa Jean d’Amour, bakunda kwita Nsabi, akomeje gushakishwa nyuma yo gukekwaho kuvana iyo nka aho yari yatawe akayigurisha mu baturage.
Bivugwa ko iyi nka yarumwe n’imbwa yasaze iyi nka nayo igahita isara , bivugwa kandi ko yari yasaze ndetse yanarumye umushumba, nyuma ikaza gutabwa n’abaganga b’amatungo kugira ngo hatagira uwayegera.
Abaturage bo mu Mudugudu wa Kamati, Akagari ka Kamati, bavuga ko baguze izo nyama batabizi, nyuma baza kumenya ukuri ubwo bamwe muri bo batangiraga kugaragaza ibimenyetso byo kumererwa nabi.
Ubuyobozi bwihutiye kubatabara, bubajyana kwa muganga aho bahawe inkingo zibakingira indwara zishobora guterwa n’izo nyama.
Umwe mu baturage wagizweho ingaruka yavuze ko batari bazi inkomoko y’inyama baguze, ariko bagize amahirwe ubuyobozi bukabafasha vuba, bakavurwa bagakira. Yashimye uburyo bakurikiranwe, avuga ko iyo bidakorwa hakiri kare hari abari kubura ubuzima.
Hari n’abagaragaje uburakari bukomeye ku wabagurishije izo nyama, bamushinja gushyira inyungu imbere aho kwita ku buzima bw’abantu. Bavuga ko ibyo yakoze byabateje igihombo n’imvune, kuko bamaze iminsi bajya kwa muganga badakora, banahabwa inkingo.
Ubuyobozi bw’Umurenge wa Karangazi bwibukije abaturage kujya bagura inyama ahantu hizewe kandi hagenzuwe, bunaburira abacuruza inyama mu buryo bunyuranyije n’amategeko ko bazahanwa bikomeye.
Bwavuze ko uwo ukekwaho iki cyaha yatorotse, ariko ko gushakishwa kwe bikomeje kugira ngo ashyikirizwe ubutabera.
Ku ruhande rw’ubuvuzi, ubuyobozi bw’ibitaro bya Nyagatare bwemeza ko abariye kuri izo nyama bose bakingiwe, ndetse n’abari bagaragaje ibimenyetso bikomeye ubu bamaze koroherwa.
Bukomeza gushimangira ko ari ngombwa ko amatungo arwaye cyangwa yatawe arindwa neza cyangwa akavanwaho burundu, kugira ngo hirindwe ko hari abayageraho bagashyira ubuzima bw’abandi mu kaga.


![Amashusho y’umugore uri gukubita umugabo inshyi z’amatwi yarikoroje ku mbuga nkoranyambaga [Video]](https://igikatv.com/wp-content/uploads/2026/06/IMG-20260613-WA0008-360x180.jpg)







![Amashusho y’umugore uri gukubita umugabo inshyi z’amatwi yarikoroje ku mbuga nkoranyambaga [Video]](https://igikatv.com/wp-content/uploads/2026/06/IMG-20260613-WA0008-120x86.jpg)



