• Amakuru
  • Siporo
  • Uburezi
  • Imikino
  • AKAZI
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI
No Result
View All Result
IGIKA TV
  • Amakuru
  • Siporo
  • Uburezi
  • Imikino
  • AKAZI
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI
No Result
View All Result
IGIKA TV
No Result
View All Result

Perezida Paul Kagame azahurira na Félix Tshisekedi i Washington mu Cyumweru gitaha

OMEGA BOY by OMEGA BOY
November 28, 2025
in Amakuru
437 23
0
Perezida Paul Kagame azahurira na Félix Tshisekedi i Washington mu Cyumweru gitaha
637
SHARES
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Tshisekedi, yemeye guhurira na Perezida Paul Kagame i Washington muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika mu cyumweru gitaha.

Leta ya Amerika imaze igihe igerageza guhuriza aba bakuru b’ibihugu i Washington DC, kugira ngo basinye ‘amasezerano ya nyuma’ aherekeza amasezerano y’amahoro u Rwanda rwagiranye na RDC tariki ya 27 Kamena 2025.

You might also like

Nyanza: Umugore yapfiriye ku cyapa cya Bisi

Amashusho y’umugore uri gukubita umugabo inshyi z’amatwi yarikoroje ku mbuga nkoranyambaga [Video]

Abajura bibye ibikoresho byose by’ikipe y’u Bwongereza

Byari byarateganyijwe ko Perezida Kagame na Tshisekedi bazahurira i Washington DC tariki ya 23 Ukwakira, ariko ntibyashobotse kuko intumwa za RDC zanze gushyira umukono ku mushinga w’amasezerano y’ubufatanye mu bukungu.

Ubwo u Rwanda na RDC byemeranyaga kuri uyu mushinga, bikanawushyiraho umukono tariki ya 7 Ugushyingo, icyizere cy’uko aba bakuru b’ibihugu bazahurira i Washington vuba cyariyongereye.

Gahunda yimuriwe ku ya 13 Ugushyingo ariko na bwo isubikwa “ku munota wa nyuma” kubera impamvu zitamenyekanye. Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Ambasaderi Olivier Nduhungirehe, yasobanuye ko Perezida Kagame na Tshisekedi bari baremeye guhura.

Mu kiganiro Perezida Kagame yagiranye n’abanyamakuru tariki ya 27 Ugushyingo, yemeje ko yiteguye kujya i Washington DC, kuganira, kwemeranya cyangwa gusinya, kuko u Rwanda ruhora rwiteguye gukora ibyo rusabwa kugira ngo amahoro aboneke.

Ati “Nababwira ko ibijyanye no gukererwa, ibyo bidaturuka ku Rwanda cyangwa ngo rugire aho ruhurira na byo. Ndagira ngo mbihamye. Byaba ku wundi…twebwe turategereje. Bari kuvuga ngo byashoboka mu ntangiriro za Ukuboza, ntabwo nzi niba ejo umuntu atazavuga ati ‘Oya, sinzajya i Washington’ kubera ko mu ijoro ryakeye yabirose cyangwa se yagiriwe inama n’umuvugabutumwa ko kubikora ari igitekerezo kibi, akavuga ati sinjyayo.”

Perezida Kagame yabwiye abanyamakuru ko mu gihe Tshisekedi yakongera guhindura gahunda nka mbere, ntacyo yabikoraho, ariko ko yizeye ko umuhuza afite ubushake bwo gutuma haterwa intambwe nziza yo kubahuza bombi.

Ati “Rero tuzategerezanya icyizere. Si uruzinduko rwa Washington DC gusa, ahubwo ni ugutera intambwe ziganisha ku kugera ku bwumvikane bwadufasha gutangira urugendo ruzazana amahoro mu karere kacu no mu bihugu byacu.”

Ku wa 27 Ugushyingo, ikinyamakuru Africa Intelligence cyatangaje ko “Perezida wa RDC uri ku gitutu cya Amerika, azajya guhura n’itsinda rya Donald Trump tariki ya 4 Ukuboza, asinye amasezerano y’amahoro na mugenzi we w’u Rwanda.”

Amerika igaragaza ko “amasezerano ya nyuma” y’u Rwanda na RDC azafasha akarere k’Ibiyaga Bigari kugira amahoro n’iterambere rirambye, binyuze mu bufatanye mu rwego rw’ubukungu.

Byitezwe ko mu rwego rwo kuyubahiriza, u Rwanda na RDC bizifatanya mu guteza imbere ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro, kubaka urugomero rw’amashanyarazi rwa Rusizi III, guteza imbere ubucuruzi n’urwego rw’ubuzima no kurinda pariki.

Ariko ibyo byose bizaharurirwa inzira no gushyira mu bikorwa ingamba zo mu rwego rw’umutekano zirimo gusenya umutwe w’iterabwoba wa FDLR no gukuraho ingamba z’ubwirinzi u Rwanda rwashyizeho.

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe, agaragaza ko ingabo za RDC zigiha FDLR ubufasha, bikanakorana, aho kuyisenya. Yasobanuye ko gusenya uyu mutwe bizaharurira u Rwanda inzira yo gukuraho ingamba z’ubwirinzi, ariko ko nibidakorwa, umutekano w’akarere uzakomeza guhungabana.

Previous Post

Rusizi: Umusore w’imyaka 19 arashakishwa n’inzego z’umutekano nyuma yo kwica ‘icyondi’ cyo muri Nyungwe

Next Post

Umuhanzi Darest n’umukunzi we basezeranye imbere y’amategeko – Amafoto

OMEGA BOY

OMEGA BOY

Related Posts

Nyanza: Umugore yapfiriye ku cyapa cya Bisi
Amakuru

Nyanza: Umugore yapfiriye ku cyapa cya Bisi

by OMEGA BOY
June 13, 2026
Amashusho y’umugore uri gukubita umugabo inshyi z’amatwi yarikoroje ku mbuga nkoranyambaga [Video]
Amakuru

Amashusho y’umugore uri gukubita umugabo inshyi z’amatwi yarikoroje ku mbuga nkoranyambaga [Video]

by OMEGA BOY
June 13, 2026
Abajura bibye ibikoresho byose by’ikipe y’u Bwongereza
Amakuru

Abajura bibye ibikoresho byose by’ikipe y’u Bwongereza

by OMEGA BOY
June 13, 2026
Indege ya Papa Leo yagize ikibazo bituma atira iy’Umwami wa Espagne
Amakuru

Indege ya Papa Leo yagize ikibazo bituma atira iy’Umwami wa Espagne

by OMEGA BOY
June 13, 2026
Iran yemeje ko Amerika nishaka intambara nabo bazayirwana
Amakuru

Iran yemeje ko Amerika nishaka intambara nabo bazayirwana

by OMEGA BOY
June 13, 2026
Next Post
Umuhanzi Darest n’umukunzi we basezeranye imbere y’amategeko – Amafoto

Umuhanzi Darest n'umukunzi we basezeranye imbere y'amategeko - Amafoto

Please login to join discussion

Recommended

Yvan Muziki yambitse impeta Marina amusaba kuzamubera umugore

Yvan Muziki yambitse impeta Marina amusaba kuzamubera umugore

February 14, 2026
Kicukiro: Umukobwa w’imyaka 28 wacuruzaga akabari yishwe ateraguwe ibyuma mu ijosi no mu nda, bigakekwa ko byakoze n’umusore bakundanaga

Kicukiro: Umukobwa w’imyaka 28 wacuruzaga akabari yishwe ateraguwe ibyuma mu ijosi no mu nda, bigakekwa ko byakoze n’umusore bakundanaga

November 21, 2025

Categories

  • AKAZI
  • Amakuru
  • Amatangazo
  • Business
  • Entertainment
  • Imikino
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • Siporo
  • Uburezi
  • Uncategorized
  • UTUNTU N'UTUNDI

Don't miss it

Nyanza: Umugore yapfiriye ku cyapa cya Bisi
Amakuru

Nyanza: Umugore yapfiriye ku cyapa cya Bisi

June 13, 2026
Amashusho y’umugore uri gukubita umugabo inshyi z’amatwi yarikoroje ku mbuga nkoranyambaga [Video]
Amakuru

Amashusho y’umugore uri gukubita umugabo inshyi z’amatwi yarikoroje ku mbuga nkoranyambaga [Video]

June 13, 2026
Abajura bibye ibikoresho byose by’ikipe y’u Bwongereza
Amakuru

Abajura bibye ibikoresho byose by’ikipe y’u Bwongereza

June 13, 2026
Itangazo ry’akazi rireba buri muntu wese wifuza kwinjira muri DASSO mu mujyi wa Kigali – Deadline 21/06/2026
Amatangazo

Itangazo ry’akazi rireba buri muntu wese wifuza kwinjira muri DASSO mu mujyi wa Kigali – Deadline 21/06/2026

June 13, 2026
Indege ya Papa Leo yagize ikibazo bituma atira iy’Umwami wa Espagne
Amakuru

Indege ya Papa Leo yagize ikibazo bituma atira iy’Umwami wa Espagne

June 13, 2026
Itsinda rya Vestine na Dorcas ryatandukanye na M Irene wari umujyanama waryo
IMYIDAGADURO

Itsinda rya Vestine na Dorcas ryatandukanye na M Irene wari umujyanama waryo

June 13, 2026

Categories

  • AKAZI
  • Amakuru
  • Amatangazo
  • Business
  • Entertainment
  • Imikino
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • Siporo
  • Uburezi
  • Uncategorized
  • UTUNTU N'UTUNDI

Recent News

Nyanza: Umugore yapfiriye ku cyapa cya Bisi

Nyanza: Umugore yapfiriye ku cyapa cya Bisi

June 13, 2026
Amashusho y’umugore uri gukubita umugabo inshyi z’amatwi yarikoroje ku mbuga nkoranyambaga [Video]

Amashusho y’umugore uri gukubita umugabo inshyi z’amatwi yarikoroje ku mbuga nkoranyambaga [Video]

June 13, 2026

© 2025 IGIKA TV | All Right Reserved

No Result
View All Result
  • Amakuru
  • Siporo
  • Uburezi
  • Imikino
  • AKAZI
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 IGIKA TV | All Right Reserved

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password? Sign Up

Create New Account!

Fill the forms below to register

All fields are required. Log In

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In