Abagabo babiri bakekwaho kwiyitirira inzego z’umutekano bagamije kwambura abaturage, bafatiwe mu Karere ka Rubavu nyuma yo gutahurwa n’abaturage bavuga ko bakora mu nzego z’umutekano kandi babeshya.
Aba bagabo ni Habumugisha Dieudonnée w’imyaka 27 na Nsabiyaremye Berson w’imyaka 37, bafatiwe mu Mudugudu wa Byima, Akagari ka Rwaza, Umurenge wa Rugerero, ubwo bagendaga mu maduka bavuga ko ari abapolisi, bafite n’ipingu bakoreshaga batera ubwoba abacuruzi.
Amakuru atangwa n’abaturage agaragaza ko aba bagabo binjiraga mu maduka bagahimbira abacuruzi amakosa, bakabakangisha kubafata, bababwira ko batujuje ibisabwa.
Icyakora, imyitwarire yabo n’imvugo bakoreshaga byateje amakenga, bituma abaturage batangira kubasaba ibyangombwa bibagaragaza nk’abapolisi, ariko bakabibura.
Umwe mu baturage yavuze ko batangiye kubakeka bakimara kubona uko bitwaraga n’uburyo bashakaga guteza ubwoba abacuruzi, aho uwari ufite ipingu yaryerekanaga nk’igikoresho cyo kubatera ubwoba.
Nyuma yo kubona ko badafite ibyangombwa byemewe, abaturage bahise babagota batanga amakuru ku nzego z’umutekano, zihita zihagera zirabafata zibashyikiriza Sitasiyo ya Polisi ya Rugerero.
Igitangaje kurushaho ni uko mu bafashwe harimo umwe usanzwe ushinzwe umutekano mu Mudugudu wa Kantagari, Akagari ka Gisa, ariko ntiyigeze asobanura impamvu yatumye yishora muri ibyo bikorwa.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Rugerero, Uwajeneza Jeannette, yashimiye abaturage bagize uruhare mu gufata aba bakekwaho ibyaha, avuga ko bigaragaza ko bamaze gusobanukirwa neza akamaro ko gukorana n’inzego z’umutekano mu gukumira ibyaha.
Yagize ati: “Iki ni ikimenyetso cy’uko abaturage bamaze kugira ubumenyi bwo gutahura abagizi ba nabi biyitirira inzego z’umutekano. Turabashimira ko bihutiye gutanga amakuru bigatuma bafatwa bataragira uwo biba.”
Yakomeje yibutsa abaturage gukomeza gushishoza no gutanga amakuru ku gihe igihe cyose hari abo baketseho ibikorwa by’ubugizi bwa nabi, kugira ngo bakumirwe hakiri kare.














