Ambasade y’u Rwanda muri Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu (UAE) yatangaje ko Abanyarwanda baba muri iki gihugu na Bahrain batekanye, kandi ko bari guhabwa ubufasha na serivisi bakeneye.
Kuva tariki ya 28 Gashyantare 2026, Iran iri kugaba ibitero mu bihugu byo mu Burasirazuba bwo Hagati, yihorera kuri Leta Zunze Ubumwe za Amerika na Israel byayiciye abayobozi bakuru barimo Ayatollah Ali Khamenei wari Umuyobozi w’Ikirenga.
Kuri uyu wa 4 Werurwe 2026, Ambasade y’u Rwanda muri UAE na Bahrain yatangaje ko iri gukurikiranira hafi uko umutekano uhagaze muri ibi bihugu, kandi ko kugeza ubu Abanyarwanda babirimo batekanye.
Yagize iti “Ambasade y’u Rwanda muri UAE na Bahrain iramenyesha Abanyarwanda batuye cyangwa bari gusura UAE n’Ubwami bwa Bahrain ko iri gukurikiranira hafi umutekano wo mu karere. Abanyarwanda bose bari muri UAE na Bahrain baratekanye.”
Iyi Ambasade yasobanuye ko iri kuvugana bihoraho n’Abanyarwanda bari muri ibi bihugu, ikanakorana n’inzego bireba kugira ngo abenegihugu bahabwe serivisi n’ubufasha bakeneye.
Abanyarwanda baba muri ibi bihugu cyangwa ababisuye basabwe kubahiriza amabwiriza y’umutekano ari gutangwa n’inzego z’ubuyobozi bwabyo, kugira ngo bakomeze batekane.
Ambasaderi wa Israel mu Rwanda, Einat Weiss, yatangarije IGIHE ko Israel na Amerika byashoje intambara kuri Iran kuko byabonaga ifite umugambi wo kubihungabanyiriza umutekano binyuze mu mushinga wo gukora intwaro kirimbuzi na misile ziraswa mu ntera ndende.
Yavuze ko ubufatanye bwa Amerika na Israel muri ibi bitero bushingiye ku bikorwa impande zombi zihuriramo birimo gusngira amakuru y’ubutasi, ubufatanye mu rwego rwa gisirikare n’urwa politiki.
Ambasaderi Weiss yagize ati “Twagiye tubona ibikorwa bya gisirikare biturutse mu bushake dusangiye, bwo kurushaho kugira Isi nziza no kumva uburemere bw’ikibazo Iran iteje Isi.”
Yasobanuye ko Israel na Amerika byashoboye kugabanya ubukana bw’ibitero bya misile bya Iran, mu Burasirazuba bwo Hagati, kandi ko mu gihe cyose bikomeje, bizakomeza kubikumira.
Ambasaderi Weis yatangaje ko kuba Iran iri kurasa mu bihugu byinshi byo mu Burasirazuba bwo Hagati, biri guterwa n’uko ishaka ko intambara igera ku Isi yose.
Leta ya Iran yasobanuye ko iri kurasa mu bihugu birimo UAE, Bahrain, Koweit, Qatar na Iraq kubera ko birimo ibirindiro bikomeye by’ingabo za Amerika zibarirwa mu bihumbi, ariko ibi bihugu byo binenga ko n’ibikorwaremezo bya gisivile birimo amahoteli n’ibibuga by’indege biri kwibasirwa.
Al Jazeera igaragaza ko Amerika ifite ingabo 13.500 muri Arabie Saoudite, 13.500 muri Koweit, 10.000 muri Qatar, 3813 muri Jordanie, 3.500 muri Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu, 2700 muri Bahrain, 2500 muri Iraq na 2000 muri Syria.
Mu nyanja ya Méditerranée mu burengerazuba bwa Israel, hari ubwato bunini bwa USS Gerald R. Ford, mu Nyanja y’Abahinde mu burasirazuba bwa Oman hari ubwa USS Abraham Lincoln. Ubu bwombi bukaba bwarajyanyeyo indege z’intambara 150 n’abasirikare bagera ku 10.000.


![Amashusho y’umugore uri gukubita umugabo inshyi z’amatwi yarikoroje ku mbuga nkoranyambaga [Video]](https://igikatv.com/wp-content/uploads/2026/06/IMG-20260613-WA0008-360x180.jpg)







![Amashusho y’umugore uri gukubita umugabo inshyi z’amatwi yarikoroje ku mbuga nkoranyambaga [Video]](https://igikatv.com/wp-content/uploads/2026/06/IMG-20260613-WA0008-120x86.jpg)



