Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, ACP Boniface Rutikanga yemeje amakuru amaze iminsi akwirakwira ku mbuga nkoranyambaga avuga ko umuhanzikazi Ariel Wayz na Babo batawe muri yombi.
Yabwiye The New Times ko itabwa muri yombi ryabo ryaturutse ku kuba bari barenze ku mabwiriza barenza amasaha yo gutaha (kuva mu kabari), abashinzwe umutekano baza kubafata babata muri yombi n’abandi b’inshuti zabo bari kumwe.
Nyuma yo kubata muri yombi baje kubapima, ibipimo byerekana ko bakoreshaga n’ibiyobyabwenge.
Kuri ubu aba bombi bakaba bafungiye kuri sitasiyo ya Polisi i Remera.
#thechoicelive #thechoicetrends


![Amashusho y’umugore uri gukubita umugabo inshyi z’amatwi yarikoroje ku mbuga nkoranyambaga [Video]](https://igikatv.com/wp-content/uploads/2026/06/IMG-20260613-WA0008-360x180.jpg)







![Amashusho y’umugore uri gukubita umugabo inshyi z’amatwi yarikoroje ku mbuga nkoranyambaga [Video]](https://igikatv.com/wp-content/uploads/2026/06/IMG-20260613-WA0008-120x86.jpg)



