Ndagijimana John w’imyaka 46 wo mu Murenge wa Rweru mu Kagari ka Nemba mu Karere ka Bugesera, yishwe n’inkoni yakubiswe nyuma yo gufatirwa mu murima w’abandi akekwaho kwiba amateke.
Ndagijimana yishwe ku wa 4 Gicurasi 2026, ubwo yari mu murima w’umuturanyi.
Abaturanyi ba nyakwigendera bavuze ko Ndagijimana yari kumwe n’umugore we n’abana, bari guhinga, nyuma baza gukenera imbuto z’amateke ni uko umugabo ahitira mu murima w’abandi ari naho abarinzi bamusanze, baramukubika kugeza apfuye.
Umwe mu baturanyi be, yavuze ko Ndagijimana yari asanzwe ari umuhinzi kandi utunze urugo rwe neza.
Ati “Urugo rwa Ndagijimana ntiruzwiho gusonza, ruzwiho kuba abantu bose ariho bahahiraga ibyo kurya, navuga ko rwose niba yaragiye kwiba ni ingeso.”
Gusa hari bamwe mu baturage bagaragaza ko ibyo yakorewe bitari bikwiriye, ahubwo ko yagombaga gushyikirizwa inzego akaba ari zo zimwihanira.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Rweru, Sibomana Jean Claude, mu kiganiro na TV1, yahamije iby’aya makuru avuga ko abagabo batatu bakubise nyakwigendera batawe muri yombi.
Ati “Ni byo koko Ndagijimana yafatiwe mu mateke bavuga ko yari yagiye kwiba, ahuriramo na nyirayo, habayo icyo nakwita gukimbirana, nibwo rero baje gukoresha imbaraga z’umurengera arakubitwa kugeza ashizemo umwuka.”
Ndagijimana asize umugore n’abana batanu.














