Umutoza wa Etincelles FC, Bizimana Abdu ’Bekeni’, yavuze ko iyi kipe y’i Rubavu nimanuka mu Cyiciro cya Kabiri nta gitangaza kizaba kirimo kuko n’umupilote ahanura indege atabishaka, akavuga ko we yaba amanuye ikipe kandi abakinnyi bakaguma ari bazima.
Uyu mutoza yabigarutseho nyuma kunganya na Gasogi United ibitego 2-2 mu mukino w’umunsi wa 31 wa BK Pro League.
Iyi kipe iri ku mwanya wa 16 n’amanota 28 aho irusha abiri ya nyuma inota rimwe n’abiri kuri Rutsiro FC ya nyuma.
Ubwo yari abajijwe niba nta mpugenge afite zo kuba iyo kipe yamanuka mu Cyiciro cya Kabiri, Bekeni yagaragaje ko nta gitangaza cyaba kirimo.
Ati “Nta gitangaza cyaba kirimo n’umupilote ahanura indege atabishaka nkanswe njye waba umanuye ikipe kandi abakinnyi bakaguma ari bazima.”
Yakomeje agira ati “Ubwo ni ugutegura ubutaha ariko mwari mukwiye kubaza ubuyobozi ngo burakora iki. Wenda Perezida akavuga ngo muri miliyoni 20 Frw atunze aratangamo 10 Frw kandi zarokora ikipe.”
Uyu mutoza yagaragaje kandi ko kuva yagera muri iyi kipe yakoresheje imbaraga nyinshi kuko yayigezemo iri ku mwanya wa nyuma n’amanota 11 ubu ikaba imaze kugira 28.
Mu mikino itatu ya shampiyona isigaye, Etincelles FC isigaje gukina na Marine FC, Gorilla FC na Al Hilal.










![Amashusho y’umugore uri gukubita umugabo inshyi z’amatwi yarikoroje ku mbuga nkoranyambaga [Video]](https://igikatv.com/wp-content/uploads/2026/06/IMG-20260613-WA0008-120x86.jpg)



