Arsenal yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League, itsinze Atletico Madrid igitego 1-0, iyisezerera muri ½ ku giteranyo cy’ibitego 2-1 mu mikino ibiri.
Uyu mukino wo kwishyura wabereye kuri Emirates Stadium ku wa Kabiri, tariki ya 5 Gicurasi 2026.
Ni umukino wari utegerejwe cyane kuko amakipe yombi yari yanganyije igitego 1-1 mu mukino ubanza. Uyu, watangiye ugenda gake amakipe yombi yigana bityo n’uburyo bw’ibitego bukaba buke.
Ku munota wa 35, Leandro Trossard yagushijwe mu rubuga rw’amahina ariko umusifuzi avuga ko nta penaliti irimo, mu gihe abakinnyi ba Arsenal bayisabaga.
Iyi kipe yo mu Bwongereza yongeye kuzamuka neza, Trossard atera ishoti rikomeye, umunyezamu Jan Oblak arikuramo umupira usanga Bukayo Saka asongamo atsinda igitego cya mbere ku munota wa 44.
Igice cya mbere cyarangiye Arsenal yatsinze Atletico Madrid igitego 1-0.
Iyi kipe yo muri Espagne yajyanye imbaraga mu gice cya kabiri itangira gusatira ariko igahusha uburyo bw’ibitego yabonaga.
Mu minota 60, Arsenal yongeye kwiharira umukino ariko Victor Gyokeres ntabyaze umusaruro imipira yahabwaga na Hincapie na Martin Odegarrd.
Mu minota 80, umukino watuje amakipe yombi agabanya uko yasatiranaga mu gihe Arsenal yakinishaga imibare myinshi nk’ikipe yari iyoboye.
Umukino warangiye Arsenal yatsinze Atletico Madrid igitego 1-0 ibona itike y’umukino wa nyuma uzabera i Budapest muri Hongrie.
Ni ku nshuro ya kabiri Arsenal igeze ku mukino wa nyuma w’iri rushanwa, aho iya mbere ari nabwo iwuherukaho hari mu 2006 itsindwa na FC Barcelona.
Undi mukino wa ½ uzahuza Bayern Munich na Paris Saint Germain ku wa Gatatu saa 21:00. Umukino ubanza PSG yatsinze Bayern Munich ibitego 5-4.










![Amashusho y’umugore uri gukubita umugabo inshyi z’amatwi yarikoroje ku mbuga nkoranyambaga [Video]](https://igikatv.com/wp-content/uploads/2026/06/IMG-20260613-WA0008-120x86.jpg)



