Mu Karere ka Nyabihu, Umurenge wa Karago, ku kigo cy’amashuri cya GS Gatagara, haravugwa ikibazo cy’umuyobozi w’iki kigo ushinjwa gukubita umwe mu barimu akamukomeretsa, nk’uko bigaragara mu ibaruwa yandikiwe Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB).
Iyo baruwa yanditswe na Niyonteze Consolee ku wa 7 Gicurasi 2026, igaragaza ko umuyobozi wa GS Gatagara, witwa Mbaruta Innocent, akekwaho gukubita no gukomeretsa umwarimu witwa Nzaramba Aimable.
Mu byo iyo baruwa ivuga, handitswemo ko uwo mwarimu yakubiswe ndetse akanakomeretswa ku buryo byasabye ko ajyanwa kwa muganga.
Iyo baruwa kandi igaragaza bamwe mu bakekwaho kuba barabonye ibyabaye cyangwa bafite amakuru kuri icyo gikorwa, barimo: Irahari Philbert, Habarirema Appolinaire, Nizeyimana Diogene, Nsengiyumva Gaetan, Niyonzima Schadrack.
Uwanditse iyo baruwa yasabye inzego zirimo RIB gukora iperereza kuri ayo makuru no gukurikirana icyo kibazo kugira ngo hamenyekane ukuri.
Iyi nkuru ikomeje gukurikirwa kugira ngo hamenyekane icyo inzego bireba zizatangaza kuri ayo makuru ndetse n’icyo iperereza rizagaragaza.















