Ikipe ya Rayon Sports yatangaje ko yahagaritse umutoza Afahmia Lotfi n’umwungiriza we wa kabiri, Azouz Lotfi, mu gihe cy’ukwezi kumwe kubera umusaruro muke.
Aba batoza b’Abanya-Tunisia bari bitabiriye imyitozo yabereye mu Nzove kuri uyu wa Mbere, ariko bahava badatoje mu masaha abiri bahamaze.
Afahmia Lotfi yahagaritswe nyuma y’iminsi umunani Rayon Sports inganyije na Gasogi United ubusa ku busa, ibyatumye iyi kipe yuzuza imikino ine idatsinda.
Umutoza Wungirije w’Umurundi, Haruna Ferouz, ni we usigarana ikipe akazatoza umukino wa Rutsiro FC ku wa Gatandatu, ku Munsi wa Kane wa Shampiyona.
Mu mikino itatu ya Shampiyona imaze gukinwa, Rayon Sports ni iya karindwi n’amanota ane, irushwa amanota atanu na Police FC ya mbere.
Gutsindwa na Police FC no kunganya na Gasogi United muri Shampiyona byari byakurikiye gutsindwa imikino ibiri na Singida Black Stars muri CAF Confederation Cup.
Lotfi wari umaze iminsi 137 atangiye akazi muri Rayon Sports, yayigezemo avuye muri Mukura VS yatoje imyaka itatu.










![Amashusho y’umugore uri gukubita umugabo inshyi z’amatwi yarikoroje ku mbuga nkoranyambaga [Video]](https://igikatv.com/wp-content/uploads/2026/06/IMG-20260613-WA0008-120x86.jpg)



