Donald Trump yabaye Perezida wa mbere wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika wakiriye kapiteni w’ikipe y’igihugu ya Argentine na Inter Miami, Lionel Messi muri White House.
Trump yabwiye Messi ko umuhungu we amukunda cyane ndetse akaba akunda na Cristiano Ronaldo. Donald Trump yavuze ko Cristiano Ronaldo ari umuhanga na Lionel Messi akaba ari umuhanga ndetse bose bakaba bakunda ibintu bakora.
Yagize ati: “Cristiano ni umuhanga, uri umuhanga. Abakinnyi bakomeye cyane! Ni abakinnyi b’indashyikirwa bakunda ibyo bakora kandi bakabikora neza cyane”.
Perezida wa Amerika yavuze ko yatangiye gukurikira umupira w’amaguru hari Pele ariko ko Messi ashobora kuba amurenzeho.












![Amashusho y’umugore uri gukubita umugabo inshyi z’amatwi yarikoroje ku mbuga nkoranyambaga [Video]](https://igikatv.com/wp-content/uploads/2026/06/IMG-20260613-WA0008-120x86.jpg)



