Umukino w’Umunsi wa 25 wa Shampiyona y’u Rwanda ugoma guhuza Rayon Sports na Gasogi United wimuwe ukurwa kuri Kigali Pelé Stadium ujyanwa kuri Stade Amahoro nyuma y’uwa Al Hilal SC na RS Berkane.
Ku Cyumweru, tariki ya 22 Werurwe 2026, kuri Stade Amahoro hateganyijwe umukino wo kwishyura wa ¼ cya CAF Champions League, aho Al Hilal SC yo muri Sudani izakina na RS Berkane yo muri Maroc.
Ni umukino benshi mu bakunzi b’umupira w’amaguru mu Rwanda bifuzaga kuzakurikirana, ariko nanone kubihuza n’uwa Rayon Sports izakira Gasogi United FC bikaba ingorabahizi.
Ibiganiro hagati y’amakipe azakira iyi mikino, Ishyirahamwe rya Ruhago mu Rwanda (FERWAFA) ndetse n’Urwego rwa Shampiyona y’Icyiciro cya Mbere mu Rwanda (Rwanda Premier League), byasize iyi mikino igomba kubera hamwe.
Al Hilal SC ni yo izabanza mu kibuga mu mukino uzatangira saa Kumi n’Ebyiri, ikurikirwe na Rayon Sports yatandukanye n’Umutoza wayo Bruno Ferry ikina na Gasogi United FC, saa Yine z’Ijoro.
Amatike yo kwinjira kuri uyu mukino yahurijwe hamwe ariko igice kimwe cya Stade Amahoro aba ari cyo gicuruzwa, imyanya isanzwe yo hasi ni ukwishyura 2000 Frw.
Imyanya ya VIP ni 15.000 Frw, imyanya ya VVIP ni 50.000 Frw, imyanya ya Executive Seat ni 100.000 Frw, naho imyanya yo muri Skybox ni 1.000.000 Frw. Imyanya isanzwe yo hejuru ntabwo izakoreshwa.
Rayon Sports iri ku mwanya wa gatanu n’amanota 39 ku rutonde rwa Shampiyona y’u Rwanda, izahangana na Gasogi United FC ya 11 n’amanota 26 iri gushaka intsinzi itabonye mu mikino irindwi iheruka.










![Amashusho y’umugore uri gukubita umugabo inshyi z’amatwi yarikoroje ku mbuga nkoranyambaga [Video]](https://igikatv.com/wp-content/uploads/2026/06/IMG-20260613-WA0008-120x86.jpg)



