• Amakuru
  • Siporo
  • Uburezi
  • Imikino
  • AKAZI
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI
No Result
View All Result
IGIKA TV
  • Amakuru
  • Siporo
  • Uburezi
  • Imikino
  • AKAZI
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI
No Result
View All Result
IGIKA TV
No Result
View All Result

Perezida Paul Kagame yambitse Tadej Pogačar umudari wa zahabu

OMEGA BOY by OMEGA BOY
September 28, 2025
in Imikino
478 10
0
Perezida Paul Kagame yambitse Tadej Pogačar umudari wa zahabu
675
SHARES
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yambitse Tadej Pogačar umudari wa zahabu, nk’uwahize abandi bagabo muri Shampiyona y’Isi y’Amagare ya 2025 yaberaga mu Mujyi wa Kigali.

Kuri icyi Cyumweru mu Rwanda hasojwe Shampiyona y’Isi y’Amagare yari imaze icyumweru ikinirwa mu Mujyi wa Kigali.

You might also like

Rayon Sports yaguze myugariro mushya

APR FC yongeye kwandika amateka yegukana Igikombe cy’Amahoro cya 2026

Nyuma y’imyaka 22 Arsenal yongeye kwegukana Premier League

Byari ibicika aho byari byiswe ‘final’ kuko hahanganaga abagabo bakuru mu muhanda ikitwa ‘Elite Men Road Race’.

Ni isiganwa ryatwawe n’Umunya-Slovenia, Tadej Pogačar w’imyaka 27 y’amavuko nyuma yo gukoresha amasaha atandatu, iminota 21 n’amasegonda 20, ku ntera y’ibilometero 267.5.

Yasize Umubiligi Remco Evenepoel wabaye uwa kabiri, umunota umwe n’amasegonda 28. Ku mwanya wa gatatu haza Umunya- Ireland Ben Healy warushijwe iminota ibiri n’amasegonda 16 n’uwa mbere.

Ni ku nshuro ya kabiri Pogačar yegukanye Shampiyona y’Isi y’Amagare mu cyiciro cy’abagabo nyuma y’iya 2024.

Mu itangwa ry’ibihembo byatanzwe na Perezida Paul Kagame, David Lappartient uyobora Ishyirahamwe Mpuzamahanga ry’Umukino w’Amagare n’Igikomangoma Albert II wa Monaco.

Perezida Kagame yambitse Tadej Pogačar umudari wa zahabu anamushyikiriza impano iri mu ishusho y’ingagi, yagiye ihabwa abakinnyi bose babaye aba mbere mu masiganwa 13 yakinwe muri Shampiyona y’Isi y’Amagare.

Mu ijoro ryo ku wa Gatandatu, tariki ya 27 Nzeri 2025, Perezida Kagame yasangiye n’abarimo Perezida wa UCI, David Lappartient n’Igikomangoma Albert II cya Monaco, muri Kigali Convention Center.

Perezida wa UCI, David Lappartient, yavuze ko Umujyi wa Kigali wanditse amateka yo kuba uwa mbere muri Afurika wakiriye Shampiyona y’isi y’Amagare wakoze byinshi bidasanzwe byatumye igenda neza.

Ati “Umujyi wa Kigali ntabwo wakoze ibyo twatekerezaga gusa, ahubwo warengejeho ukora byinshi. Umuryango w’abasiganwa ku magare wumvise urukundo rw’u Rwanda muri iki cyumweru.”

Yashyimiye Perezida Kagame watumye byose bishoboka

Ati “Ntabwo tuzibagirwa uko igihugu cyawe cyatwakiriye. Ni iby’icyubahiro kukugira nk’umuntu ushyigikira amagare ndetse na Shampiyona y’Isi y’Amagare. Ibyo bivuze byinshi kuri twe.”

Umukuru w’Igihugu we yavuze ko u Rwanda rutewe ishema no kugira uruhare muri ibi bihe by’amateka yo gusiganwa ku magare.

Ati ” Mu Rwanda muhafate nko mu rugo, tuzakomeza kubakirana yombi.”

Shampiyona y’Isi y’amagare ya 2026 izabera mu Mujyi wa Montreal muri Canada.


Previous Post

Mburugu imereye nabi abatuye mu Budage

Next Post

Igifungo cy’imyaka 25 n’ihazabu igera kuri Miliyoni 50 Frw: Ngibi ibihano bitegereje abazakora amanyanga mu gutwitira undi

OMEGA BOY

OMEGA BOY

Related Posts

Rayon Sports yaguze myugariro mushya
Imikino

Rayon Sports yaguze myugariro mushya

by OMEGA BOY
June 10, 2026
APR FC yongeye kwandika amateka yegukana Igikombe cy’Amahoro cya 2026
Imikino

APR FC yongeye kwandika amateka yegukana Igikombe cy’Amahoro cya 2026

by OMEGA BOY
May 23, 2026
Nyuma y’imyaka 22 Arsenal yongeye kwegukana Premier League
Imikino

Nyuma y’imyaka 22 Arsenal yongeye kwegukana Premier League

by OMEGA BOY
May 20, 2026
“N’umupilote ahanura indege atabishaka, nkanswe njye waba umanuye ikipe” Bekeni asubiza uwarumubajije niba nta bwoba afite bwo kuba Etincelles FC yamanuka mu Cyiciro cya Kabiri
Imikino

“N’umupilote ahanura indege atabishaka, nkanswe njye waba umanuye ikipe” Bekeni asubiza uwarumubajije niba nta bwoba afite bwo kuba Etincelles FC yamanuka mu Cyiciro cya Kabiri

by OMEGA BOY
May 11, 2026
Arsenal yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League itsinze Atletico Madrid igitego 1-0
Imikino

Arsenal yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League itsinze Atletico Madrid igitego 1-0

by OMEGA BOY
May 6, 2026
Next Post
Igifungo cy’imyaka 25 n’ihazabu igera kuri Miliyoni 50 Frw: Ngibi ibihano bitegereje abazakora amanyanga mu gutwitira undi

Igifungo cy’imyaka 25 n'ihazabu igera kuri Miliyoni 50 Frw: Ngibi ibihano bitegereje abazakora amanyanga mu gutwitira undi

Please login to join discussion

Recommended

Moto zikoresha lisansi cyangwa mazutu zigiye guhagarikwa kwinjira ku isoko ry’u Rwanda

Moto zikoresha lisansi cyangwa mazutu zigiye guhagarikwa kwinjira ku isoko ry’u Rwanda

April 23, 2026
Israel yahigiye kwica Umuyobozi w’Ikirenga mushya wa Iran

Israel yahigiye kwica Umuyobozi w’Ikirenga mushya wa Iran

March 9, 2026

Categories

  • AKAZI
  • Amakuru
  • Amatangazo
  • Business
  • Entertainment
  • Imikino
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • Siporo
  • Uburezi
  • Uncategorized
  • UTUNTU N'UTUNDI

Don't miss it

Nyanza: Umugore yapfiriye ku cyapa cya Bisi
Amakuru

Nyanza: Umugore yapfiriye ku cyapa cya Bisi

June 13, 2026
Amashusho y’umugore uri gukubita umugabo inshyi z’amatwi yarikoroje ku mbuga nkoranyambaga [Video]
Amakuru

Amashusho y’umugore uri gukubita umugabo inshyi z’amatwi yarikoroje ku mbuga nkoranyambaga [Video]

June 13, 2026
Abajura bibye ibikoresho byose by’ikipe y’u Bwongereza
Amakuru

Abajura bibye ibikoresho byose by’ikipe y’u Bwongereza

June 13, 2026
Itangazo ry’akazi rireba buri muntu wese wifuza kwinjira muri DASSO mu mujyi wa Kigali – Deadline 21/06/2026
Amatangazo

Itangazo ry’akazi rireba buri muntu wese wifuza kwinjira muri DASSO mu mujyi wa Kigali – Deadline 21/06/2026

June 13, 2026
Indege ya Papa Leo yagize ikibazo bituma atira iy’Umwami wa Espagne
Amakuru

Indege ya Papa Leo yagize ikibazo bituma atira iy’Umwami wa Espagne

June 13, 2026
Itsinda rya Vestine na Dorcas ryatandukanye na M Irene wari umujyanama waryo
IMYIDAGADURO

Itsinda rya Vestine na Dorcas ryatandukanye na M Irene wari umujyanama waryo

June 13, 2026

Categories

  • AKAZI
  • Amakuru
  • Amatangazo
  • Business
  • Entertainment
  • Imikino
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • Siporo
  • Uburezi
  • Uncategorized
  • UTUNTU N'UTUNDI

Recent News

Nyanza: Umugore yapfiriye ku cyapa cya Bisi

Nyanza: Umugore yapfiriye ku cyapa cya Bisi

June 13, 2026
Amashusho y’umugore uri gukubita umugabo inshyi z’amatwi yarikoroje ku mbuga nkoranyambaga [Video]

Amashusho y’umugore uri gukubita umugabo inshyi z’amatwi yarikoroje ku mbuga nkoranyambaga [Video]

June 13, 2026

© 2025 IGIKA TV | All Right Reserved

No Result
View All Result
  • Amakuru
  • Siporo
  • Uburezi
  • Imikino
  • AKAZI
  • IMYIDAGADURO
  • IYOBOKAMANA
  • UTUNTU N’UTUNDI

© 2025 IGIKA TV | All Right Reserved

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password? Sign Up

Create New Account!

Fill the forms below to register

All fields are required. Log In

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In